Abafite ubumuga nabo barashoboye

Abantu bafite ubumuga nabo barashoboye

Taliki ya 03 Ukuboza n’Umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga, ku rwego rw’Akarere ka Gasabo wijihirijwe mu Murenge wa Remere kuri Petit Stade muri Gymnase ya NPC.

Insanganya matsiko yuyu mwaka igira iti: “Twubake ubushobozi bw’abantu bafite ubumuga mu bikorwa byose kuburyo bungana kandi bugaragara”.

Umushyitsi mukuru muruwo muhango yari Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe  Imibereho myiza y’Abaturage madamu Nyirabahire Languida. yashimiye buriwese witabirye uwo munsi kandi abashimira intambwe bamaze gutera biteza imbere, ukirikije impano berekanye zirimo kubyina, gukina Ikinamico, imikino ngorora mubiri nka Sitball, kudodo nibindi bitandukanye abafite ubumuga bamaze kugeraho.

yabasabye gukomeze guharanira kwiteza mbere, ndetse abaizeza ubufasha, inama aho babakenera hose.

Uyu munsi waranzwe n’Imikino n’Imyidagaduro ndetse n’Imurikabikorwa muri bimwe byakozwe n’abantu bafite ubumuga. ibi byose byatangaga ishusho nziza ko n’abantu bafite ubumuga nabo bashoboye.

Mu rwego rwo kabashyigikira, haremewe umuntu umwe muri  buri murenge yose uko ari 15 igize Akarere ka Gasabo  bahabwa Amafaranga Ibihumbi Ijana(100,000) azabafasha mugutangiza imishinga iciriritse. Abo bantu kandi baba baratoranijwe hakurikijwe babandi bameze nabi kurusha abandi.

Kuru wo munsi kandi hanatanzwe amagare( wheelchairs) 12 ku bafite ubumuga bw’ingingo.

Umunsi washojwe n’ubusabane.


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->