Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru b'Imidugudu  yose mu Karere ka Gasabo, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge n'Utugari n'Abayobozi b'Amashami mu Karere. 

Umudugudu ni rwo rwego rwegereye abaturage  bityo inama nk’izi zibafasha kunoza imikorere n’imikoranire y’Inzego, kwisuzuma aho bitagenda neza no gufata ingamba kucyakorwa kugira ngo Umuturage ahore ku Isonga

Mu ijambo rye Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yatangiye ashimira akazi keza k'ubwitange Abakuru b'Imidugudu bakora

Yavuze kandi  intego y’iyi nama  ko ari urubuga rwo kongerera abayobozi ubumenyi n’ubushobozi mu gufata ingamba zinoze zo gukemura ibibazo byugarije abaturage, kunoza isuku n’isukura no kunoza imitangire ya serivisi

Yongeyeho ko Umuyobozi mwiza ari uba ufite amakuru, akarangwa n’Ubunyangamugayo, kugira icyerekezo cy’aho yifuza kugeza abo ayobora, atega amatwi arangwa n’ubushishozi mubyo avuga kandi ashyira imbere inyungu z’abo ayobora, asaba kongera gutekereza ku mikorere yacu.

 Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali  yaganirije aba bayobozi kuri gahunda zikurikira:

1. Inshingano z'Umukuru w'umudugudu

2. Umutekano

3. Isuku n'isukura

Umuyobozi yabasabye  kwita ku nshingano zabo, bakamenya Ifasi,  ibibazo bihari n'uburyo bwo kubikemura.

Yabasabye kwita ku isuku n'umutekano  mu Midugudu bayoboye  kugira ngo umuturage ashobore  kubaho neza kandi batekanye.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->