Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2024/2025. Ku rwego rw'Akarere, iyi gahunda yatangirijwe mu Murenge wa Kinyinya
Mu ijambo rye atangiza Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yabwiye izi Ntore ko nyuma yo gutozwa hazakurikiraho igikorwa cyo gutumwa ku rugerero aho hateganyijwe kuzakora imirimo ikurikira:
▶️Kuvugurura ubusitani,
▶️Gusana inzu z’abatishoboye,
▶️gucukura ingarani, kubaka Uturima tw’Igikoni,
▶️Gusibura inzira z’amazi,
▶️guharura imihanda
Bazafasha kandi Ubuyobozi mu bukangurambaga butandukanye cyane cyane hibandwa ku kwigisha abaturage umuco w’isuku n’isukura, n’uruhare rwabo mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, kwitabira Ingo Mbonezamikurire zita ku bana bato, no kurwanya imirire mibi.
Yababwiye kandi ko nk’Ubuyobozi barabasaba kuzitabira ibyo bikorwa kandi mukubahiriza igihe, mugakora nk’abubaka Igihugu cyabo. Uwanyuze mu Itorero aba afite byinshi atandukaniyeho n’abandi, cyane cyane mu rwego rw’imyumvire, imitekerereze, imyifatire, imyitwarire, imivugire, imigenzereze, ikinyabupfura, n’ibindi
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…