Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi, twibuka abana n'abagore bazize jenoside yakorewe abatutsi. Igikorwa kirimo kubera ku Rwibutso rwa Kigali ku GisoziGahunda yabanjirijwe no gushyira indabo ku mva ziruhukiyemo imibiri y'abazize Jenoside yakorewe abatutsi 1994, banunamira abaruhukiye muri uru Rwibutso
Mu ijambo ry'ikaze ubwo hibukwaga abana n'abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi, umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yabanje kwihanganisha abarokotse jenoside yakorewe abatutsi n'ababuze ababo, abasaba gukomera bagatwaza bagaharanira kubaho n'ubwo Jenoside yabasigiye ibikomere bikomeye.
Yavuze ko umugambi w'ababisha utagezweho kuko abatutsi bararokowe, barokorwa n'inkotanyi ari nazo zahagaritse Jenoside yakorewe abatutsi 1994, u Rwanda rwarazutse kandi dufite igihugu cyiza twese dufitemo uruhare rungana mu kucyubaka.
Kwibuka ni igihe cyiza cyo kuzirikana amateka yacu no kongera gushimangira igihango n'umuhigo dufitanye nk'abanyarwanda wo kurwanya ikibi cyose cyagejeje abanyarwanda kuri Jenoside yakorewe abatutsi 1994
Umuhuzabikorwa w'Inama y'Igihugu y'abagore ku rwego rw'Akarere yavuze impamvu habaho umwihariko wo Kwibuka abana n'abagore bishwe muri Jenoside yakorwe abatutsi ko ari uko umugore n'umwana bagize umwihariko wo kwicwa urubozo aho icyo gihe kwitwa umubyeyi byari ikigeragezo cyihariye, avuga uko abana n'ababyeyi bishwe urwagashinyaguro bazira uko bavutse. Agaruka ku bugome ndengakamere bwakorewe abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi aho umugore wari uhetse bamwicanye n'uwo ahetse ,umugore wari utwite baramufomoje abana biciwe mu maso ya babyeyi babo
Ashimira Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorewe abatutsi 1994, ahumuriza n'abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi no gukomera ku bw'ibikomere basigiwe na Jenoside yakorewe abatutsi.
Umushyitsi mukuru akaba n'intumwa ya rubanda depite Uwizeye Marie Thérèse
Yavuze ko kwica abana n'abagore ari ubugome ndenga kamere aho abicanyi bari bafite umugambi wo kurimbura umuryango ariwo shingiro ry'imbaga nyarwanda.
U Rwanda rwahuye n'ibyago byo kugira ubuyobozi bubi, bwigishije abantu Kwangana no kwicana
Yasabye urubyiruko ku rwanya ingengabitekerezo ya Jenoside n'urwango , bayirwanisha ukuri koko aribo musenge wo kubaka u Rwanda rutarangwamo amaca kubiri.
Yibukije ababyeyi ko bafite inshingano yo kwigisha abana amateka y'igihugu cyacu kandi birinda kuyagoreka
Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…
Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…
Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…