Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa baturutse mu bihugu bitandukanye.

Mu ijambo yagejeje ku bagiye guhabwa Ubweneguhugu nyarwanda, yabasabye:

-Gusigasira no gushimangira Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda 

-Gufatanya n’ubuyobozi gushyira mu bikorwa gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu  (NST2) n’icyerekezo 2050. 

-By’umwihariko kandi mu Mujyi wa Kigali ku bahisemo kuhatura, intego ni ukugira Umujyi ukeye utoshye  kandi  utekanye.

-Gufatanya n’abandi Banyarwanda gukomeza gahunda y’Igihugu yo kwigira no kwikura mu bukene.Gutekereza byagutse, kubazwa inshingano

Nyuma y’Umuhango wo kurahira, Umuyobozi yabibukije ibi bikurikira:

  • Kubana neza n’Abanyarwanda bagenzi banyu, aho muzatura hose

  • Yabibukije  kandi ko Uburenganzira n’inshingano zo kubaka Igihugu mubisangiye n’abandi Banyarwanda, bityo uruhare rwanyu rurakenewe mu gufatanya nabo

  • Yababwiye ko ntabwo bagiye gutangirira kubusa hari ibyagezweho muri iyi myaka 31 Igihugu cyacu kimaze kibohowe nibyo tubasaba gukomerezaho, kugira uruhare mu kubaka Igihugu no gusigasira ibyagezweho 

  • Turabasaba gufatanya n’abandi guhanga udushya no kwishakamo ibisubizo

  • Muzarangwe n’Indangagaciro na Kirazira by’umuco nyarwanda. Umuryango nyarwanda mubamo uzakomeza kubafasha kubigeraho 

  • Ndabashimiye.

 

 


Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →
-->