Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa baturutse mu bihugu bitandukanye.
Mu ijambo yagejeje ku bagiye guhabwa Ubweneguhugu nyarwanda, yabasabye:
-Gusigasira no gushimangira Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda
-Gufatanya n’ubuyobozi gushyira mu bikorwa gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu (NST2) n’icyerekezo 2050.
-By’umwihariko kandi mu Mujyi wa Kigali ku bahisemo kuhatura, intego ni ukugira Umujyi ukeye utoshye kandi utekanye.
-Gufatanya n’abandi Banyarwanda gukomeza gahunda y’Igihugu yo kwigira no kwikura mu bukene.Gutekereza byagutse, kubazwa inshingano
Nyuma y’Umuhango wo kurahira, Umuyobozi yabibukije ibi bikurikira:
Kubana neza n’Abanyarwanda bagenzi banyu, aho muzatura hose
Yabibukije kandi ko Uburenganzira n’inshingano zo kubaka Igihugu mubisangiye n’abandi Banyarwanda, bityo uruhare rwanyu rurakenewe mu gufatanya nabo
Yababwiye ko ntabwo bagiye gutangirira kubusa hari ibyagezweho muri iyi myaka 31 Igihugu cyacu kimaze kibohowe nibyo tubasaba gukomerezaho, kugira uruhare mu kubaka Igihugu no gusigasira ibyagezweho
Turabasaba gufatanya n’abandi guhanga udushya no kwishakamo ibisubizo
Muzarangwe n’Indangagaciro na Kirazira by’umuco nyarwanda. Umuryango nyarwanda mubamo uzakomeza kubafasha kubigeraho
Ndabashimiye.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…