Gusoza ubukangurambaga bwo gukumira no kurwanya isambanywa ry’abana mu Karere ka Gasabo

Uyu munsi mu Karere ka Gasabo harasozwa ubukangurambaga  bwo gukumira no kurwanya isambanywa ry'abana bwari bumaze iminsi 12 hakorwa ibikorwa bitandukanye bijyanye no kwigisha ibyiciro bitandukanye bijyanye no kumenya ububi, ingaruka ndetse n'ingamba zo kwirinda no gukumira isambanywa ry'abana.

Mu gusoza ubu bukangurambaga, harakorwa ibikorwa bitandukanye, birimo :

1. Amarushanywa y'umupira w'amaguru.

2. Ikinamico (Urunana) igamije kwigisha ububi bw'isambanywa ry'abana.

3. Imivugo n'indirimo byose bitanga ubutumwa bujyanye no gukumira isambanywa ry'abana

4. Ibiganira ku Radio na Television byose bikangurira abantu kurwanya isambanywa ry’abana.

Hasozwa ubukangurambaga bwo kurwanya ihotera ry'abana, hahembwe abana bo muri GS Gisozi I bavuze umuvugo   bamwe n'abana bagiye basubiza  ibibazo byabajijwe ku kurwanya ihohotera kuko bagaragaje ko bumvise ubutumwa kurusha abandi

Umunyamabanga uhoraho muri @RwandaGenderakaba ari we wari Umushyitsi mukuru, yabwiye abana ko aribo mizero y'Igihugu, bityo asaba buri wese kubitaho kugira ngo Igihugu kizagire abenegihugu beza.

Yashimye abantu bose bagira uruhare mu kurwanya no gukumira ihohotera  rikorerwa abana.


Gusoza ubukangurambaga bwo gukumira no kurwanya isambanywa ry’abana mu Karere ka Gasabo

Uyu munsi mu Karere ka Gasabo harasozwa ubukangurambaga  bwo gukumira no kurwanya isambanywa ry'abana bwari bumaze iminsi 12 hakorwa ibikorwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →
-->