URUZINDUKO RW’ IMBONI Y’ AKARERE
Minisitiri Biruta yasuye Akarere ka Gasabo
Tariki 22/08/2022 Nyakubahwa Minisitiri w’ Ububanyi n’ Amahaga Dr. Vincent BIRUTA yasuye Akarere ka Gasabo akaba N’Imboni y’ Akarere yakiriwe n’ abagize Urwego Nshingwabikorwa rw’ Akarere ka gasabo.
Iyi nama kandi yitabiriwe n’abayobozi batandukanye, barimo;
Umuyobozi w’ imirimo rusange mu karere, Abayobozi b’ amashami mu karereka Gasabo, Perezida wa JADF mu karere, Perezida wa PSF, Umuhuzabikorwa w’ Inama y’ Igihugu y’ abagore, umuhuzabikorwa w’ inama y’ igihugu y’ urubyiruko, Abavuga rikijyana (opinion leaders),
abakuru b’ imidugudu bahagarariye abandi, Abayobozi b’ Inama Njyanama z’Imirenge,
abanyamabanga nshingwabikorwa b’ imirenge cumi n’ itanu igize akarere ka gasabo n’abakora bikiganwa (Opinion leadears).
Umuyobozi w’ Akarere ka Gasabo mu ijambo rye, yavuze ko ibyo bamaze kugeraho nk’ akarere ba bikesha ubufatanye bw’ inzego zose mu rugendo rwo gushyira mu bikorwa gahunda y’ ingamba z’ iterambere ry’ akarere (District Development Strategy) buvoma muri gahunda ya guverinoma y’ imyaka irindwi (NST1) anabasaba gukomeza ubwo bufatanye mu kuzamura iterambere ry’ umuturage nk’ ishingiro ry’ imiyoborere bwifuza.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere Madam UMWALI Pauline yerekanye uburyo bashyize mu bikorwa gahunda ya guverinoma binyuze mu nkingi Eshatu; Ubukungu, Imiyoborere Myiza n’Imiberho Myiza
Mu kiganiro bagiranye na Minister, abayobozi bagaragaje ibibazo bitandukanye bigaragara mu mirenge bayoboye, byumwihariko basabye ko, Akarere Gasabo kagira umwihariko ku bakozi cyane abo muri serivisi z’Ubutaka kubera ubunini mwako n’ubwinshi bw’abakagana serivisi zitinda cyangwa zitangwa nabi.
Minister yabijeje kuzaganira n’inzego zitandukanye bireba ( Umujyi wa Kigali na MINALOC) kugirango icyo kibazo gishakirwe umuti.
Minister yakomoje ku kibazo k’imitangire ya Serivisi, asaba abayobozi kwita k’umuturage batanga serivisi inoze kandi yihuse. Yibukije abayobozi ko badashinzwe gutanga serivisi gusa ahubwa bashinzwe no kwigisha abatuarage gukora ibishoboka byose kugirango bagabanye imirongo batonda ku biro by’ubuyobozi, kuko hari serivisi zimwe bshobora gusaba bagahabwa hifashishijwe Ikoranabuhanga.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…