Uruhare rw’abaturage mu kwiyubakira ibikorwa Remezo

Nkuko bigaragara hirya no hino mu gihugu, Abanyarwanda bamaze gufata umuco wo kwishakamo ibisubizo bikemurira ibibazo bimwe nabimwe muri gahunda yo kwiteza imbere.

Mu Karere ka Gasabo,mu Mirenge itandukanye, abaturage bishatsemo ibisubizo bikorera bimwe mu bikorwa Remezo byadindizaga ibikorwa by’Iterambere.

Mu Murenge wa Kinyinya Akagari ka Gacuriro Umudugu wa Akaruvusha abaturage bishyize hamwe biyubakira umuhanda wa kaburimbo ufite 2Kilometers. Uyu muhanda uzafasha  imigendanire myiza hagati yabatuye uyu mudugudu ndetse nabandi banyarwanda babagana.

Uyu Mudugugu kandi baniyubakiye ibiro by’Umudugudu kugirango abaturage bagire aho ama dossier yabo yakirirwa, naho bakemurira ibibazo byavuka mu Mudugudu wabo badategereje ko Leta yazabubakira.

Ibikorwa nkibi, bifasha kwihutisha iterambere ry’Igihugu ndetse binunganira Ingengo y’Imari iba idahagije kugirango ikemure ibibazo byose Igihugu gifite.

Mu murenge wa Kimironko Akagari ka Bibare naho abaturage bikoreye Imihanda yo muri Quartier badateze inkunga kuri Leta. Ibibyose byerekana urugero rw’Imyumvure abaturage baba bagezeho, aho umuntu yumva kwikorera ibikorwa Remezo runaka bikorwe bitagombera ko Leta ibikorwa ko ahubwo nawe agomba gutanga umusanzu we akunganira Leta.

Wenda ntitwavuga Umurenge ku Murenge, ariko ikimaze kugaraga nuko imyumvire y’Abanyarwanda imaze guhinduka kandi neza, ntabwo abantu bakicara ngo batege amaboko Leta ahubwo basigaye bishakamo ibisubizo bagakemura ibibazo bimwe bibabangamiye.

Urundi rugero muri gahunda nanone yokubaka Ibikorwa Remezo, Ubu abaturage bageze aho bashobora gutanga ubutaka bwabo ntangurane kugirango hanyuzwemo imuhanda ya Physical plan kubera ko bamaze kumva ko umuhanda nuhagera nibindi bikorwa by’Iterambere bizahagera, ndetse n’amazu cyangwa ubutaka bwabo bizongererwa agaciro. muri make inyungu niyu umuturage uhatuye.

Turashimira abaturage b’Akarere ka Gasabo uruhare rwabo mw’Iterambere ry’Akarere kabo ndetse n’Igihugu muri Rusange.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->