Urubyiruko rw’Akarere ka Gasabo mu bikorwa bitandukanye byubaka Igihugu
Urubyiruko rw’Abakorera bushake rwo mu Karere ka Gasabo bakoze ibikorwa bitandukanye mu kwezi kwahariwe ibikorwa by’ubukorera bushake.
Mu bikorwa byakozwe byibanze ku mibereho myiza y’Abaturage, harimo nko;
Kubakira abatishoboye, kubaka uturima rw’igikoni 129, Imiganda itandukanye ijyanye n’Ibikorwa by’isuku n’Isukura mu Mirenge itandukanye igize Akarere ka Gasabo, ku baka Ibyuma by’Amashri
Ku wa Gatandatu taliki ya 31 Ukwakira, Urubyiruko rw’Abakorera bashyikirije Abana batatu b’Impfubyi zirera batagiraga aho baba inzu babubakiye kandi ifite ibyangombwa byose; ibitanda, intebe n’ibikresho bindi bitandukanya.
Uyu muhango wo gutaha iyi nzu wayobowe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije Bwana MUDAHERANUA Regis.
Uyu muhango kandi witabiriwe n’inzego zitandukanye zaba iza Police ndetse n’Izurubyiruko rw’Abakorera bushake ku rwego rw’Igihugu n’Akarere.
Aba bana b’Impfubyi batuye mu Murenge wa Kinyinya Akagari ka Gasharu Umudugudu wa Gasharu.
Urubyiruko kandi rwishyuriye abatishoboye 125 Ubwisungane mu kwivuza nkabimwe mu bikorwa biteza imbere Imibereho Myiza.
Muru ku kwezi kandi Urubyiruko rwasinyanye n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo Imihigo y’Urubiruko 2020-2021.
Ibikorwa by’Urubyiruko rw’Abakorera bushake birakomeje no muri gahunda yo gufasha abantu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Corona Virus ahantu hatandukanye.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…