Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yifatanije n’abaturage bo mu Murenge wa Jali mu Nteko z’abaturage

Nkuko bisanzwe  mu Gihugu hose buri wa Kabiri w’icyumweru, haterana Inteko z’abaturage .

Byumwihariko mu Karere ka Gasabo ejo  ku wakabiri  Inteko z’abaturage  zarateranye mu Tugari  twose tugize Akarere;

Ku rwego rw’Akarere ka Gasabo, Inteko z’abaturage zabereye mu kagari ka Kanyaburiba Umurenge wa Jali. Muriyi gahunda, abaturage bo murako Kagari bagize umugisha wo kwifatanya n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali  Bwana Rubingisa Pudence.

Umurenge wa Jali niwo Murenge wambere Umuyobozi w’Umujyi asuye kuva aho atorewe kuyobora Umujyi wa Kigali.

Uyu Muyobozi yafatanije n’abandi bayobozi bari bazanye mu kujya inama no gukemura ibibazo baribagejejweho, aho ibibazo byose byabajijwe byibanze kubikorwa remezo; imihanda, amasoko kandi byahawe umurungo.

Umurenge wa Jali numwe mu Mirenge 15 igize Akarere ka Gasabo, ukaba n’umwe mu Mirenge 35 igize Umujyi wa Kigali; ufite ubuso bunga na 37.5 km2 ugizwe n’Utugari 7, Imidugudu 33, ituwe n’abaturage 29,254; ku bucucicye bwa 804/km2.

Uyu Murenge kandi ni n'umwe mu Mirenge ibarizwa mu nkengero z’uujyi ukaba ukungahaye mu buhinzi bw’Imboga bakaba banasagurira isoko rya Nyabugogo


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->