Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yakiriye indahiro yabahawe Ubwenegihugu nyarwanda

Nk’uko ahabwa ububasha n’Iteka rya Minisitiri No 007/01 RYO KU WA 23/03/2022 RYEREKEYE UBWENEGIHUGU NYARWANDA, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ka Gasabo  kuri uyu wa Gatanu taliki ya 08 Ugushyingo 2024 yakiriye  indahiro y’abahawe  ubwenegihugu nyarwanda.

Mu ijambo rye, Umuyobozi Nshingwabikorwa  yabanje gushimira abaje guhabwa ubwene Gihugu Nyarwanda kuba barahisemo kuba abanyarwanda. Ariko anabasaba:

  • Gusigasira no gushimangira Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda ,guharanira  Kurwanya  icyaricyo  cyose cyaba  Kigamije  gucamo ibice  abanyarwanda .
  • Gufatanya n’ubuyobozi gushyira mu bikorwa gahunda za Guverinoma,  izigihe  gito cyangwa kirekire harimo Icyerekezo 2050 , icyerekezo 2035 , harimo gahunda y’imyaka itanu (National Strategy for Transformation (NST2), Izibanda  cyane kuguhanga Imirimo mishya , Guteza imbere  gahunda yo kongera  ibyoherezwa mumahanga, Uburezi bufite  Ireme, Kurwanya Imirire mibi mubana  bato ndetse n’Igwingira no guteza  imbere gutanga service nziza. 
  • By’umwihariko kandi mu Mujyi wa Kigali ku bahisemo kuhatura, intego ni ukugira UMUJYI UKEYE (ISUKU), UTOSHYE (TWITA KU BIDUKIKIJE) KANDI UTEKANYE NDETSE N” UMURIMO UNOZE KANDI WIHUZE
  • Gufatanya n’Abandi Banyarwanda gukomeza gahunda y’Igihugu yo kwigira no kwikura mu bukene.
  • Amaze kwakira indahiro zabo, Umuyobozi  w’Akarere yababwiye ko Ntabwo bagiye gutangirira ku busa kuko hari ibyagezweho muri iyi myanka 30 Igihugu cyacu kimaze kibohowe akaba aribyo basabwa gukomerezaho, kugira uruhare mu kubaka Igihugu no gusigasira ibyagezweho.

Umuyobozi yasoje abasaba kuzarangwa n’Indangagaciro na Kirazira by’umuco nyarwanda.


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->