Umurenge wa Bumbogo watangije ubukangurambaga bw’Isuku n’Umutekano

Muri gahunda yo gukomeza kwita ku Isuka n’Umutekano, mu Murenge wa Bumbogo hatangijwe Ubukangurambaga bw’Isuku n’Umutekano bwiswe ‘OPERATION USAFI MU NGUNI ZOSE”.

Mu rwego rwo kugirango iyi gahunda ishoboke kandi igerweho, Umurenge wa Bimbogo watanze Moto Umunani ( 8) aho buri cell commander w’Akagari yahawe moto hakabaho nindi Moto imwe izajya iguma ku Murenge itegereje gutabara aha boneka ikibazo.

Ukuyeho Moto zatanzwe, Abanyerondo rw’Umwuga, bahawe Imyambaro y’Akazi (Uniforms), Telephone bazajya bakoresha mu gutanga amakuru hamwe na Torches bazajya bakoresha mu ijoro.

Ibi byose byakozwe n’abaturage b’Umurenge wa Bumbogo kubufatanye n’Umurenge binyuye  mu bwizigame bw’umusazu w’Umutekano.

Abaturage b’Umurenge wa Bumbogo kandi biyemeje ubufatanye mu kwimakaza umuco w’Isuku n’Umutekano ahantu hose kandi buri gihe.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere wumgirije akaba n’umushyitsi mukuru muruyu muhango, yashimye cyane igitekerezo kiza uyu murenge wagize, kandi abasaba gufasha Umurenge mu gushyira mu bikorwa iyi gahunda.

Umuyobozi yababwiye ko umwanda ariwo ntandaro y’Indwara zose, rero kugirango bashobore kugira ubuzima bwiza buzira umuze, bagomba kugira Isuku, hose no muri byose. Nibagira isuku bizatuma abana babo bagira Imirire Myiza bakanakura neza.

Umuyozi wa Police mu Karere ka Gasabo ndetse n’Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’Abanyerondo mu Karere bose mu mpanturo batanze babasabye gukora akazi kabo kinyamwuga, bakirinda Ruswa mu kazi kabo.

Aba Bayobozi kandi babasabye gukoresha neza ibikoresho bahawe, gutanga amakuru kugihe, bagakumira icyaha kitaraba kuko akenshi ibyaha cyane iby’ubwicanyi bijya kuba harabanje amakimbirane kuburyo abahatuye baba babizi, icyo gihe iyo bimenyekanye hakiri kare, abo bantu ubuyobozi bushobora kubafasha bakongera bakabana mu mahoro


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->