Umurenge wa Bumbogo watangije ubukangurambaga bw’Isuku n’Umutekano
Muri gahunda yo gukomeza kwita ku Isuka n’Umutekano, mu Murenge wa Bumbogo hatangijwe Ubukangurambaga bw’Isuku n’Umutekano bwiswe ‘OPERATION USAFI MU NGUNI ZOSE”.
Mu rwego rwo kugirango iyi gahunda ishoboke kandi igerweho, Umurenge wa Bimbogo watanze Moto Umunani ( 8) aho buri cell commander w’Akagari yahawe moto hakabaho nindi Moto imwe izajya iguma ku Murenge itegereje gutabara aha boneka ikibazo.
Ukuyeho Moto zatanzwe, Abanyerondo rw’Umwuga, bahawe Imyambaro y’Akazi (Uniforms), Telephone bazajya bakoresha mu gutanga amakuru hamwe na Torches bazajya bakoresha mu ijoro.
Ibi byose byakozwe n’abaturage b’Umurenge wa Bumbogo kubufatanye n’Umurenge binyuye mu bwizigame bw’umusazu w’Umutekano.
Abaturage b’Umurenge wa Bumbogo kandi biyemeje ubufatanye mu kwimakaza umuco w’Isuku n’Umutekano ahantu hose kandi buri gihe.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere wumgirije akaba n’umushyitsi mukuru muruyu muhango, yashimye cyane igitekerezo kiza uyu murenge wagize, kandi abasaba gufasha Umurenge mu gushyira mu bikorwa iyi gahunda.
Umuyobozi yababwiye ko umwanda ariwo ntandaro y’Indwara zose, rero kugirango bashobore kugira ubuzima bwiza buzira umuze, bagomba kugira Isuku, hose no muri byose. Nibagira isuku bizatuma abana babo bagira Imirire Myiza bakanakura neza.
Umuyozi wa Police mu Karere ka Gasabo ndetse n’Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’Abanyerondo mu Karere bose mu mpanturo batanze babasabye gukora akazi kabo kinyamwuga, bakirinda Ruswa mu kazi kabo.
Aba Bayobozi kandi babasabye gukoresha neza ibikoresho bahawe, gutanga amakuru kugihe, bagakumira icyaha kitaraba kuko akenshi ibyaha cyane iby’ubwicanyi bijya kuba harabanje amakimbirane kuburyo abahatuye baba babizi, icyo gihe iyo bimenyekanye hakiri kare, abo bantu ubuyobozi bushobora kubafasha bakongera bakabana mu mahoro
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…