Umurenge wa Bumbogo niwo wahize iyindi Mirenge 35 uhembwa Imodoka

Umurenge wa Bumbogo niwo wahize iyindi Mirenge 35 uhembwa Imodoka

Muri gahunda yo gukomeza kurwanya ikwirakwira rya COVID19, , Umujyi wa Kigali kubufatanye na Police y’I gihugu, bateguye amarushanwa yiswe Ubudasa mu ku rwanya COVID-19, amarushanwa yabereye mu Mirenge yose uko ari 35 igize Umujyi wa Kigali.

Ubugenzuzi bwaya marushanwa, bwibandaga kureba uko Imirenge ihanga udushya mu bukangurambaga bwo kwirinda COVID-19 ziyongera ku ngama Minisiteri y’Ubuzima  yashyizeho.

Mura ya marushanwa, hahembwe Umurenge wahize iyindi ni Bumbogo ukaba warahembwe Imodoka ari nacyo gihembo nyamukuru cyaya marushanwa.

Hahembwe kandi n’Imidugudu  Itatu yambere mu buryo mukurikira;

Umudugudu wa mbere wabaye Rugando wo mu Murenge wa Bumbogo, hakurikiraho Umudugdu w’Inyange wo mu Murenge wa Kimironko ukurikirwa na Gasasa wo mu Murenge wa Kimihirura.

Umudugudu wambere wahawe igihembo gifite agaciro ka 2.5M, uwa kabiri wahabwa igihembo gifite agaciro ka 1.5M naho uwa Gatatu uhembwa igifite agaciro ka 1M.

Umuhango wo gutanga ibihembo wayobowe n’Umuyobozi wa Police y’Igihugu wungirije

DIGP NTAMUHORANYI Felix arikumwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Bwana RUBINGISA Pudence.

 Ibi bikaba byarabaye muri gahunda yo gusoza ukwezi kwahariwe  ibikorwa bya Police.

Uyu munsi hanatashwe inzu Police yubakiye Umubyeyi utishoboye, yubatswe mu Murenge wa Nduba Akagari ka Nshango.

Nanyuma y’amarushanwa,y’ubudasa  ubukangurambaga bwo kurwanya COVID burakomeje


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->