Umuhanda ureshya na kilometero eshatu ( 3km) wafunguwe ku mugaragaro
Nkuko biri mu mihigo y’Akarere ka Gasabo ko ibikorwa remezo bigomba gushyirwamo ingufu, mu mbeho nyinshi yo kuri uyu wa 6 Werurwe 2019, nibwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetse bw’Igihugu Madam MUKABARAMBA Alvera, ari kumwe n’Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’Ibikorwa Remezo Eng. Uwase Patricie bafunguye umuhanda uva ahitwa kuri 15 werekeza i Ndera.
Ni umuhango waranzwe no gushishikariza abanyabiziga n’abanyamaguru ko bakwiye kujya babungabunga ibikorwa byiza nk’ibi baba bagejejweho.
Nkuko abifite mu nshingano Eng. UWASE Patricia Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ibikorwa remezo #MININFRA, yatangaje ko kuba Leta yubaka ibikorwa remezo nka biriya iba yifuza ko abaturage boroherwa mu bikorwa by’iterambere ryabo, akaba yanaboneyeho kubibutsa ko bakwiye kujya babifata neza bakabikorera isuku batagombye kubibwirizwa n’abayobozi.
M’ubusanzwe aka gace karangwa mo n’urujya n’uruza rw’abaturage bajya cyangwa bava mu bice bya: Ndera, Gikomero n’ahandi.
Ni umuhanda wubatswe n’Akarere ka Gasabo ukaba ufite akamaro gakomeye cyane kubagana ku bitaro by’indwara zo mu mutwe biherereye mu Murenge wa Ndera ndetse unafasha mu buhahirane hagati y’Umurenge wa Gikomero nuwa Ndera.
Kugeza aho ugeze ubu, umaze gutwara akayabo kangana na Miliyari zirenga ebyiri n’igice z’Amanyarwanda (2,500,000,000Frw).
Uyu muhango wari wanitabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo; Umuyobozi w’Ingabo mu Turere twa Gasabo na Nyarugenge Lt. Col. Theophille Nkizinkiko, Umuyobozi wungirije w’Ikigo gishinzwe Imyubakire mu Rwanda ( RHA) Umuyobozi wa RTDA , Abahagarariye HORIZON arinayo yubatse uyu muhanda.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…