Umuhanda ureshya na kilometero eshatu ( 3km) wafunguwe ku mugaragaro

Nkuko biri mu mihigo y’Akarere ka Gasabo ko ibikorwa remezo bigomba gushyirwamo ingufu, mu mbeho nyinshi yo kuri uyu wa 6 Werurwe 2019, nibwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetse bw’Igihugu Madam MUKABARAMBA Alvera, ari kumwe n’Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’Ibikorwa Remezo Eng. Uwase Patricie bafunguye umuhanda uva ahitwa kuri 15 werekeza i Ndera.

Ni umuhango waranzwe no gushishikariza abanyabiziga n’abanyamaguru ko bakwiye kujya babungabunga ibikorwa byiza nk’ibi baba bagejejweho.

Nkuko abifite mu nshingano Eng. UWASE Patricia Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ibikorwa remezo #MININFRA, yatangaje ko kuba Leta yubaka ibikorwa remezo nka biriya iba yifuza ko abaturage boroherwa mu bikorwa by’iterambere ryabo, akaba yanaboneyeho kubibutsa ko bakwiye kujya babifata neza bakabikorera isuku batagombye kubibwirizwa n’abayobozi.

M’ubusanzwe aka gace karangwa mo n’urujya n’uruza rw’abaturage bajya cyangwa bava mu bice bya: Ndera, Gikomero n’ahandi.

Ni umuhanda wubatswe n’Akarere ka Gasabo ukaba ufite akamaro gakomeye cyane kubagana ku bitaro by’indwara zo mu mutwe biherereye mu Murenge wa Ndera ndetse unafasha mu buhahirane hagati  y’Umurenge wa Gikomero nuwa Ndera.

Kugeza aho ugeze ubu, umaze gutwara akayabo kangana na Miliyari zirenga ebyiri n’igice z’Amanyarwanda (2,500,000,000Frw).

Uyu muhango wari wanitabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo; Umuyobozi w’Ingabo mu Turere twa Gasabo na Nyarugenge Lt. Col. Theophille Nkizinkiko, Umuyobozi wungirije w’Ikigo gishinzwe Imyubakire  mu Rwanda ( RHA)  Umuyobozi wa RTDA , Abahagarariye HORIZON arinayo yubatse uyu muhanda.


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->