Umuganda mu Murenge wa Jabana n'itahwa ry Igishushanyombonera

Mu rwego rwo gushishikariza Abanyarwanda gutura neza batura mu midugudu, umuganda usoza ukwezi wa Nzeri mu Karere ka Gasabo wabereye mu Murenge wa Jabana mu Kagali ka Ngiryi ahakozwe imihanda ahateganywa kubakwa Umudugudu banafungura ku mugaragaro Igishushanyo mbonera cy’uwo mudugudu. Umushyitsi mukuru muri uwo muhango yari  Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije Ushinzwe Ubukungu ari kumwe n’uw’Akarere ka Gasabo ushinzwe ubukungu n'iterambere. Aba bayobozi bamaze kwereka abaturage igishushanyo mbonera, babasabye kugikurikiza banabasobanurira byimbitse ibijyanye n’imyubakire kuko abenshi iyo bakibonye kikiri ku mpapuro barakangarana bakabona batabishobora bagahitamo kugurisha bakimuka. Umuyobozi w’Umujyi wungirije ushinzwe Ubukungu, yabwiye abaturage b’akagali ka Ngiryi, ko Igishushanyo mbonera ari inyandiko ikubiyemo ubuzima bwose bw’abaturage ubu n’igihe kizaza. Nta mpamvu rero yo gutinya kubaka kuko ibirimo byose ni byiza. Iyo Abantu batuye mu mudugudu, kubegereza ibikorwa remezo biroroha cyane kurusha iyo umuntu atuye wenyine. Yakomeje ababwira ko nta mpamvu yo gutinya igishushanyo mbonera  kuko ubu buri muntu wese yemerewe kubakisha ibikoresho ashoboye ariko ukubahiriza igishushanyo ko nta mpamvu yo kumva ko iyo miturire yagenewe abakire ngo bimure abakene. Nyakubahwa Umuyobozi wungirije w’Umujyi yabibukije ko iyo umuntu akuguriye aba aguhaye Amafaranga ashira ako kanya ariko wowe uba umuhaye ubutaka bwiyongera agaciro umunsi ku munsi. Kubera iyi gahunda nziza y’imiturire, Abanyamabanga Nshigwabikorwa b’Imirenge yose igize Akarere ka Gasabo, bari bazanye abaturage babo mu rugendoshuri, kugirango nabo bagende bafashe mu kumvisha bagenzi babo bo mu Mirenge baturukamo. Nyuma yo kureba uko bitangira, bananyarukiye mu Murenge wa Jali Akagali ka Kabuzoza aho iyo gahunda yakozwe kandi ikagerwaho neza. Nyuma yo gusura abo baturage baganirijwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Ubukungu n’Abanyamabanga nshingwabikorwa b’Imirenge babaza ibibazo byose batekereza byavuka, hari kandi n’abatangabuhamya bo mu Kagali ka Kabuzoza kugirango bashobore gusubiza bimwe mu bibazo nk’abantu babibayemo. Inama yashoje Abaturage bishimye kandi banizeza ubuyobozi ko kubera Ubuyobozi bwiza bafite bubifuriza byiza, nabo ntabakanga kubaheza biyemeza ko bagiye gufasha gusobanurira bagenzi babo basigaye inyuma kandi ko biteguye kubishyira mu bikorwa. End

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->