Umuganda kimwe mu bisubizo tuvoma mu muco w’uRwanda
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Mutarama 2018 ku rwego rw’ Akarere wabereye mu Murenge wa Nduba Akagari ka Butare Umudugudu wa Nyamirambi.
Muri uwo muganda Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali bwana Nyamulinda Pascal ari kumwe n’abajyanama mu nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo bifatanije n’abaturage bo mu Murenge wa Nduba bahinga imirwanyasuri.
Abayobozi bose bashimiye abaturage bo mu Murenge wa Nduba ku bufatanye bagira bicungira umutekano, aho biguriye imodoka y’Irondo n’isuku, bigatuma usanga Umurenge wose utekanye kubera ko abashinzwe irondo ry’umwuga bafite ibikoresho bihagije bakaba banahemberwa ku gihe.
Nyuma yo gukorera Umuganda mu murenge wa Nduba abayobozi bakomereje mu murenge wa Jali aho bagiye kwifatanya n’abaturage bo muri uwo Murenge bari bakoze igikorwa kiza cyo kwishakamo ibisubizo bikorera Umuhanda, aho Abaturage bakusanyije amafaranga bagakodesha imodoka zibakorera umuhanda. Uyu muhanda uva Karuruma ujya Jali, ukaba ukoreshwa n’Abaturage ba Jali na Gatsata, bakaba barashyize hamwe ibitekerezo, n’ingufu mu rwego rwo gukemera ikibazo.
Aba bayobozi bashimiye cyane Abaturage bo muri iyi Mirenge yombi uburyo batekereje bakanashyira mu bikorwa igitekerezo cyabo babasaba gukomerezaho bahora bishakamo ibitekerezo.
Umuganda wakozwe n’Abaturage bo mu Mirenge ya Jali na Gatsata wari ufite agaciro ka Million ebyeri n’igice. Igikorwa nk’iki cyo kwishakamo ibisubizo cyashimwe n’abayobozi bose basaba abanyarwanda bose guhora bishakamo ibisubizo kuko ibyo bakora birabafasha kandi bikunganira ingengo y’Imari y’Igihugu.
Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…
Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…
Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…