Ubukangurambaga bw’Isuku n’Umutekano
Taliki ya 08 Gashyantare 2019, mu Karere ka Gasabo Umurenge wa Rusororo habaye Umuganda udasanzwe kubufatanye n’Umujyi wa Kigali n’Inzego z’Umutekano. Abayobozi b’Uturere tugize Umujyi wa Kigali basinyanye Imihigo y’Isuku n’Uutekano n’Umujyi wa Kigali na Police y’Igihugu.
Nkindi Mihigo yose, Abayobozi b’Uturere nabo basinyanye n’Abanyamabanga nshingwa bikorwa b’Imirenge nabo basinyanya nab’utagari hamwe n’abafatanyabikorwa b’Umurenge.
Murwego rwo gutanga urugero rwiza kubaturage b’Umujyi wa Kigali, hateguwe Umuganda udasanzwe muri gahunda y’Ubukangurambaga bw’Isuku n’Umutekano, bukaba bwaratangijwe n’Umujyi wa Kigali kubufatanye n’Inzego z’Umutekano hamwe n’Uturere tuwugize. ubu bukangurambaga bwatangiye taliki 30/012019 bukazageza taliki ya 16/06/2019.
Uyu Muganda wakozwe mu matsinda atanadukanye; Aho itsinda rya mbere ryaherehe mu mujyi Kabuga ku muhanda ujya Masaka mazamuka Gahoromani, bakomeza ku muhanda w’Amabuye bagana kuri Light Church. Nandi matsinda yose yakoreye umuganda kuri site zitandukanye zose zahuriye kuri light Church.
Uyu muganda warufite Insanganyamatsiko igira it: “KIGALI IKEYE, ITOSHYE KANDI ITEKANYE”.
Abayobozi bakuru bitabiriye uyu Muganda; Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe Imiyoborere Myiza y’Abaturage Madam Muhongayire Patricie akaba arinawe war’umushyitsi mukuru, Umuyobozi wungrije wa Police y’Igihugu {DIGP in charge of Administration and Personnel) Marizamunda Juvernal, Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage Madam Laguida Nyirabahire.
Mu bafashe ijambo bose bakanguriye Abaturage ku kwita k’Isuku n’umutekano, haba aho batuye, bakorera ndetse no kumibiri yabo. kuko bikunze kugaragara ko ku mihanda minini y’Umujyi wa Kigali usanga hakeye ariko wajya muri Cartier ugasanga har’umwanda.
Nyuma y’Umuganda kandi habayeho umuhango wo gusinya Imihigo y’Isuku n’Umutekano hagati y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, wa Rusororo hamwe na butugari ndetse n’abafatanyabikorwa b’Imirenge
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…