Ubukangurambaga bw’Isuku n’Umutekano

Taliki ya 08 Gashyantare 2019, mu Karere ka Gasabo Umurenge wa Rusororo habaye Umuganda udasanzwe  kubufatanye n’Umujyi wa Kigali  n’Inzego z’Umutekano. Abayobozi b’Uturere tugize Umujyi wa Kigali basinyanye Imihigo y’Isuku n’Uutekano n’Umujyi wa Kigali na Police y’Igihugu.

Nkindi Mihigo yose, Abayobozi b’Uturere nabo basinyanye n’Abanyamabanga nshingwa bikorwa b’Imirenge nabo basinyanya nab’utagari hamwe n’abafatanyabikorwa b’Umurenge.

Murwego rwo gutanga urugero rwiza kubaturage b’Umujyi wa Kigali, hateguwe Umuganda udasanzwe  muri gahunda y’Ubukangurambaga bw’Isuku n’Umutekano, bukaba bwaratangijwe n’Umujyi wa Kigali kubufatanye n’Inzego z’Umutekano hamwe n’Uturere tuwugize. ubu bukangurambaga bwatangiye taliki 30/012019 bukazageza taliki ya 16/06/2019.

Uyu Muganda wakozwe mu matsinda atanadukanye; Aho itsinda rya mbere ryaherehe mu mujyi Kabuga ku muhanda ujya Masaka mazamuka Gahoromani, bakomeza ku muhanda w’Amabuye bagana kuri Light Church. Nandi matsinda yose yakoreye umuganda kuri site zitandukanye zose zahuriye kuri light Church.

Uyu muganda warufite Insanganyamatsiko igira it: “KIGALI IKEYE, ITOSHYE KANDI ITEKANYE”.

Abayobozi bakuru bitabiriye uyu Muganda; Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe Imiyoborere Myiza y’Abaturage Madam Muhongayire  Patricie akaba arinawe war’umushyitsi mukuru, Umuyobozi wungrije wa Police y’Igihugu {DIGP in charge of Administration and Personnel) Marizamunda Juvernal, Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage Madam Laguida Nyirabahire.

Mu bafashe ijambo bose bakanguriye Abaturage ku kwita k’Isuku n’umutekano, haba aho batuye, bakorera ndetse no kumibiri yabo. kuko bikunze kugaragara ko ku mihanda minini y’Umujyi wa Kigali usanga hakeye ariko wajya muri Cartier ugasanga har’umwanda.

Nyuma y’Umuganda kandi habayeho umuhango wo gusinya Imihigo y’Isuku n’Umutekano hagati y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, wa Rusororo hamwe na butugari ndetse n’abafatanyabikorwa b’Imirenge


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->