Mu Karere ka Gasabo hateranye inama y’Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubudaheranwa

Mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateraniye inama ngarukamwaka y'Ubumwe n'Ubudaheranwa. Iyi nama ihuza abahoze mu bayobozi n'abakiburimo kuva ku italiki ya 19 .Nyakanga 1994 kugeza ubu.

Insanganyamatsiko yuyu mwaka igira iti: Twimakaze Ubumwe n’Ubudaharenwa

Inama yafunguwe  ku mugaragaro n'Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'ibikorwa Remezo  akaba n'imboni y'Akarere ka Gasabo Bwana Jean de  Dieu  Uwihanganye.

Mu ijambo rye Minister Jean de Dieu Uwihanganye yavuze  ko Ibikorwa by’Ubumwe n’Ubudaheranwa ari inshingano za buri wese bikaba n' ubuzima bwacu bwa buri munsi dushingiye ku mateka ashaririye ya jenoside yakorewe abatutsi 1994 Igihugu cyacu cyanyuzemo bityo tugashyigikira gahunda twahisemo yo kwimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa na gahunda ya Ndi Umunyarwanda.

Yasabye  kandi  ubufatanye mu gukomeza kubaka ubumwe n’Ubudaheranwa, twibanda cyane cyane ku kwigisha abakiri bato n'urubyiruko tubakangurira kurangwa n’indangagaciro z’umuco nyarwanda, kurwigisha amateka y’Igihugu cyacu tukabibutsa gukoresha neza imbuga nkoranyambaga, ndetse no gushyigikira ibihangano nyarwanda bigamije kurwanya no kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside.

Muri iyi nama, hatanzwe ibiganiro bitandukanye bijyanye nagahunda y’ubumwe n’Ubudaheranwa ndetse  nuko Umumwe n’Ubudaheranwa byatumye Inkotanyi zitsinda urugamba.

Abitabiriye inama bagize umwanya wo kungurana ibitekerezo harebwa icyakorwa kugirango Ubumwe n’Ubudaheranwa bugerweho ijana kw’ijana.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->