Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere ry'Akarere.
Mu ijambo rye atanga ikaze Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yashimye uruhare rw'Abafatanya bikorwa mu Iterambere ry'Akarere ariko abasaba kongera ubufatanye muri gahunda zikora ku buzima bw'umuturage.
Yongera kubasaba ubufatanye mu kurwanya imirire mibi n'igwingira mu bana bato, kwimakaza umuco w'Isuku hamwe na gahunda yo gutera igiti.
Mu nama y’Inteko Rusange haganiriwe ku ngingo zikurikira:
Gahunda y’ibikorwa bya JADF ya 2025/2026, Uruhare rwa JADF mu bikorwa n’imihigo by’Akarere by’umwaka wa 2024/2025.
Muri iyi nama kandi habayemo n’amatora yabagize komite nshya isimbura iyaririho.
Bwana Mutsindashyaka Andre yongeye gutorerwa kuyobora ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere, yungirizwa na Bwana Murenzi Theoneste naho ku mwanya w’umubitsi hatowe Madamu Neema Florance.
Hanatowe kandi abayobozi ba Komisiyo zigize Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere.
Ku mwanaya wa Komiseri w’Ubukungu hatowe Dushime Ange, Komiseri w’Imibereho Myiza hatowe Bwana Nkuranga Theogene naho Komiseri w’Imiyoborere Myiza hatowe Apotre Mignonne Kabera.
Abanyamuryango ba JADF kandi bashyize hamwe amafaranga yo gufasha abana bari mu mirire mibi.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…