Mu Karere ka Gasabo bibutse ku nshuro ya 31 Abana n’Abagore bazize Jenoside yakorewe Aabatutsi mu 1994.
Uyu munsi Akarere ka Gasabo bibutse ku nshuro ya 31 Abana n''Abagore bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Igikorwa cyabereye mu Murenge wa Nduba Akagari ka Sha.
Umuhuzabikorwa w'Inama y'Igihugu y'abagore ku rwego rw'Akarere yashimye ubutwari bw'Inkotanyi zarokoye u Rwanda.
Yashimye kandi ubutwari bw'Abagore bishwe n'abarokotse kuko iyo wumvise amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi abagore bose basabaga ko babica mbere yo kubicira abana imbere n'ubwo ariko byagendaga .
Yasabye kandi ababyeyi gukuramo abana ingengabitekerezo ahubwo bakabigisha indangagaciro z'abanyarwanda.
Yashimye abanyarwanda batahigwaga icyo gihe babaye abaturage barangwa n'indangagaciro nyarwanda.
Mu kiganiro yatanze, Bwana Mudaherenwa Regis yagarutse ku mateka mabi yaranze u Rwanda kuva ku bukoroni, u Rwanda rubona ubwigenge , kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi naho u Rwanda rugeze ubu.
Asaba Abana n'Urubyiruko kutumva ibyo ababyeyi babo bagifite Ingengabitekerezo ya Jenoside bababwira ahubwo bagakurikiza gahunda nziza Leta y'Ubumwe ibakangurira.
Mu ijambo rye Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere Bwana Bayasese Bernard yavuze ko Ababyeyi bibukwa uyu munsi ku nshuro ya 31 bari ababyeyi bahekeye u Rwanda, ko kutabibuka byaba atari iby’I Rwanda;
Avuga kandi ko Kwibuka abagore n’abana bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bituma dutekereza ku bugome ndengakamere Jenoside yakoranywe no kurushaho gushyira imbaraga mu kurandura burundu ingengabitekerezo yayo.
Ni ugutanga ubutumwa ku bakiri bato kuko bagomba gusobanurirwa neza amateka yaranze Igihugu cyacu, bagatozwa kubaha ikiremwamuntu ntavangura iryo ari ryo ryose, bikabafasha gushyira imbere indangagaciro na kirazira, bakarangwa n’umuco wo gukunda Igihugu;
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…