Mu Karere ka Gaasabo hizihijwe umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wo mucyaro wizihirizwa mu Murenge wa Gikomero

Umunsi Mpuzamahanga w'umugore wo mu cyaro wizihizwa  buri taliki ya15 Ukwakira wizihijwe hirya no hino mu Mirenge. 

Ku rwego rw'Akarere wizihirijwe mu Murenge wa Gikomero Akagari ka Munini.

Insanganyamatsiko yuyu mwaka igira iti: Umugore ni uw’agaciro.

Hizihizwa uyu munsi abagore bamuritse  ibikorwa bitandukanye bakora bigaragaza aho bavuye naho bageze.

Umwe mu bitabiriye umunsi w'umugore wo mu cyaro, Murererehe Donatha umuyobozi wa Koperative Imboni ikora umurimo w'ubuhinzi mu Murenge wa Gikomero yasobanuye uburyo nk'abagore bo muri uyu Murenge muri 2018 batangiriye  ku mafaranga 200 nk'umugabane nshingiro wa buri munsi ubu bakaba bageze ku  kuri miliyoni enye.

Mu ijambo rye , Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yibukije abagore ko Igihugu kibafata nk’abantu b’agaciro abasaba kugira ibyo bakosora no gufatanya n'Ubuyobozi gukemura bimwe mu bibazo dufite birimo: 

-Ubuzererezi bw’abana, inda ziterwa abangavu, amakimbirane mu muryango, urubyiruko rudashaka gukora ahubwo rwishora mu biyobyabwenge, umwanda mu ngo n'ibindi bibangamiye umudendezo w'abaturage

Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe Ubukungu n'Imibereho y'abaturage, yavuze  ko kuba "Umugore ari uw’agaciro.”

atari amagambo gusa ahubwo ari ubutumwa bukomeye butwibutsa ko agaciro ku mugore ari ibikorwa bigaragaza uburyo ari ku isonga mu iterambere. U Rwanda ruri mu bihugu byabigizemo uruhare rugaragara, ruyobowe n’Ubuyobozi bwiza bwashyize imbere umugore nk’umutima w’iterambere. Niyo mpamvu uyu munsi ari umwanya wo gushima intambwe imaze guterwa no gukomeza gutekereza ku cyakorwa kugira ngo hatagira mugore n’umwe usigara inyuma.

Yavuze kandi ko Umugore wo mu cyaro ari umutima w’ubukungu bw’Igihugu. Ni we uhinga ibidutunga, akita ku muryango, akita ku bidukikije, kandi akagira uruhare rukomeye mukubaka ejo hazaza h’Igihugu.

Igikorwa cyashojwe n’ubusabane.

 


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->