Mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Gasabo hateranye inama y’inama y’Igihugu y’abagore ku rwego rw’Akarere.
Ejo taliki ya 10 Nzeri 2025, mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Gasabo hateranye inama Rusange y’inama y’Igihugu y’abagore ku rwego rw’Akarere ka Gasabo.
Iyi nama iterana rimwe mu mwaka mu gihembwe cya mbere ariko ikaba ishobora no guterana mu nama zidasanzwe igihe cyose bibaye ngombwa ikiga gusa ibiri ku murongo w'ibyateganyijwe.
Mubyo Inama Rusange yaganiriyeho, harimo kwemeza raporo y’ibikorwa n’iy’imikoreshereze y’umutungo by’umwaka urangiye, kwemeza ingengo y’imari na gahunda y’ibikorwa by’umwaka utaha.
Hazaganiriwe kandi ku ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo ya Mutimawurugo mu Midugudu y’Intangarugero.
Inama nkiyi yitabirwa n’ibyiciro bitandukanye;
1. Komite Nyobozi y’Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw'Akarere ka Gasabo;
2. Komite Nyobozi y’Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw’Imirenge igize Akarere ka Gasabo;
3. Abahuzabikorwa ba Komite Nyobozi z’Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw'Utugari tugize Akarere ka Gasabo;
4. Abahagarariye amashyirahamwe n’amakoperative by’abagore bifite ubuzimagatozi bikorera ku rwego rw’Akarere.
Iyi nama kandi yitabiriwe n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere, aho yasabye abitabiriye iyi nama gufasha ubuyobozi gukemura ibibazo bikigaragara bibangamiye umuryango:
Ikibazo cy’umwanda ukigaragara mu ngo mu mumihanda y’imigenderano, ku mubiri ku myambaro cyane cyane iy’abana bato, Imiryango ibana mu makimbirane, aho mu Karere ka Gasabo dufite isaga 1.320, abangavu baterwa inda. Mu mwaka ushize 2024-2025 twari dufite 258, Kwitabira kwishyura
Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…
Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…
Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…