KWIZIHIZA UMUNSI MPUZAMAHANGA WO KU RWANYA MALARIA
Uyu munsi ku italiki ya 25 Mata 2025 hizihizwe Umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya. Ku rwego rw'Igihugu ukaba wizihirijwe mu Karere ka Gasabo Umurenge wa Ndera mu Kagari ka Kibenga.
Insanganyamatsiko y'uyu mwaka: Kurandura Malaria bihera kuri njye
Igikorwa cyo Kwizihiza umunsi Mpuzamahanga wo ku rwanya Malaria wabanjirijwe no Gusura Ibikorwa bitandukanye birimo; uburyo umubu wororoka, kugaragaza uburyo bukoreshwa mu kwirinda indwara ya Malaria,
Basoreza ku cyiciro cy'Abajyanama b'ubuzima, berekana Ibikorwa bitandukanye bakora bafasha abaturage kwirinda no kuvura Malaria n'izindi ndwara.
Atanga ikaze Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ka Gasabo yashimiye Abafatanyabikorwa b'Akarere ka Gasabo, cyane cyane Abajyanama b’ubuzima ku kazi keza bakora ko gufasha abaturage kandi bakabikorana ubwitange n’ubunyangamugayo. Yakomeje avuga ko Ubuyobozi buzirikana kandi bubashimira Inshingano bafite zo gukiza ubuzima bw’abaturage asaba abaturage gukomeza kubagirira icyizere kuko ibyo bakora babihererwa ubumenyi.
Umuyobozi wa RBC yavuze ko kubera ubwiyongere bw'indwara ya Malaria u Rwanda rwashyizeho ingamba zo guhangana na Malaria arizo; gutera imiti yica imibu, kuvura Malaria ku Rwego rw'Umudugudu hakoreshejwe abajyanama b'ubuzima, gukomeza gushyira imbaraga cyane mu bukangurambaga no gutanga inzitira mibu.
Umuyobozi kandi yanavuze ko muri uyu mwaka Leta y'u Rwanda yazanye imiti mishya irwanya Malaria kuko iyari isanzwe ikoreshwa yari itakivura Malaria neza.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…