KWIBUKA KU NSHURO YA 31 JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI MU MURENGE WA NDERA
Kwibuka ku nshuro ya 31Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Ndera byabanjirijwe no gushyira indabo ku nzibutso zishyinguwemo abazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, urwa Petit Seminaire n'urwa Caraes mu Rwego rwo guha icyubahiro abashyinguwemo.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere mu ijambo ry'ikaze mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi yabanje kwihanganisha imiryango yabuze ababo muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, abasaba gukomera, no gutwaza muri ibi bihe twibuka abacu, dukomere kuko n’ubwo abicanyi bifuzaga ko Abatutsi bashira, ariko ntabwo umugambi wabo wagezweho twarashibutse. Dufite Igihugu cyiza
Umuyobozi kandi yanagarutse ku mwihariko w'amateka yo mu Murenge wa Ndera aho tariki ya 11 Mata 1994, abatutsi bari baturutse muri Ndera no mu nkengero zayo bishwe. Nibwo kandi abasirikare bakomokaga mu Gihugu cy’U Bubiligi bari muri MUNUAR baje mu bitaro bya CARAES/Ndera gutwara abazungu bene wabo; Abatutsi bari bahahungiye babatakambiye ngo babahungishe babima amatwi, ahubwo bahungisha bene wabo hamwe n’imbwa zabo , basiga abatutsi mu kaga mu maboko y’interahamwe.
Umushyitsi mukuru mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, Senateri Nyirahabimana Sorina yabanje kwihanganisha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abifuriza gukomera no gutwaza kuko ibyiza biri imbere.
Yavuze kandi ko n'ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye ariko twagize umugisha wo kubona abandi banyarwanda bayihagarika.
Abanyarwanda dukwiye kumenya ko aritwe tugomba kwigira, intambwe nziza tumaze kugeraho mu myaka 31 ishize ni ikimenyetso cyiza kitugaragariza ko tuzagera kuri byinshi
Yibukije Urubyiruko ko aribo Igihugu gihanze amaso
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…