Kwibuka ku nshuro ya 28 Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, muri Ruhanga

Kwibuka ku nshuro ya 28 Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, muri Ruhanga 
Muri gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 28 Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, taliki ya 17 Mata 2022, Hibutswe Abatutsi bazize Genoside baguye kandi banashyinguwe mu rwibutso rwa Ruhanga ruherereye mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.
Umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 28 Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, witabiriwe n’abayobozi  batandukanye barimo Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho Myiza y’abaturage Madam INGABIRE Assumpta akaba yari nawe mushyitsi mukuru.  
Hari kandi n’abagize Komite Nyobozi y’Umujyi wa Kigali, Abagize Inteko Nshinga mategeko imitwe yombi, Umuyobozi Nshingwabikorwa  w’Akarere wungirije  nabandi bayobozi mu nzego zitandukanye.
Urwibutso rw’i Ruhanga kuri ubu rushyinguwemo imibiri hafi ibihumbi 38 rukaba  rwarahoze ari urusengero rw’Abangilikani, hakaba barishwe hari hahungiye baturutse hirya no hino mu mirenge imwe n’imwe igize uturere twa Gasabo, Rwamagana na Kicukiro.
Bamwe mu barokokeye I Ruhanga ndetse hamwe mu bagize Ibuka ku rwego rw’Akarere ka Gasabo, bavuga ko  Abatutsi baje bafite intwaro za gakondo zo kwirwanaho, bazi ko nta muntu uhungiye i Ruhanga ushobora kwicwa kandi koko bakomeje kwitwanaho, kugeza ubwo  izari Ingabo z’u Rwanda (Ex FAR) zifatanyije n’Interahamwe, ngo zaraje zirabarasa zikoresheje indege, zinabatwikisha lisansi imibiri irangirika bikomeye.
Muri uyu muhango wo kwibuka kandi hashyinguwe mu cyubahiro  imibiri Itatu ( 3) yabonetse.
Minisitiri Ingabire Assumpta yavuze ko abashaka kugoreka amateka cyangwa kusubiza inyuma inzira y’Ubumwe n’Ubwiyunge twiyemeje ko twese duhagurukire kubarwanya kuko nta mwanya  bafite.
Ariko yibutsa Urubyiruko ko kugirango rushobore guhangana nabo aruko basobanukirwa amateka y’Igihugu cyabo.
Umuyobozi w’Umujy wa Kigali mw’ijambo rye, yasabye abafite amakuru y’ahari imibiri itarashyingurwa ngo bayigaragaze kugirango dusane imitima, imibiri ishyingurwe  mu cyubahiro  kandi dukomeze inzira y’Ubumwe n’Ubwiyunge.   


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->