Kwibuka ku nshuro ya 28 Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, muri Ruhanga

Kwibuka ku nshuro ya 28 Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, muri Ruhanga 
Muri gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 28 Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, taliki ya 17 Mata 2022, Hibutswe Abatutsi bazize Genoside baguye kandi banashyinguwe mu rwibutso rwa Ruhanga ruherereye mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.
Umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 28 Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, witabiriwe n’abayobozi  batandukanye barimo Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho Myiza y’abaturage Madam INGABIRE Assumpta akaba yari nawe mushyitsi mukuru.  
Hari kandi n’abagize Komite Nyobozi y’Umujyi wa Kigali, Abagize Inteko Nshinga mategeko imitwe yombi, Umuyobozi Nshingwabikorwa  w’Akarere wungirije  nabandi bayobozi mu nzego zitandukanye.
Urwibutso rw’i Ruhanga kuri ubu rushyinguwemo imibiri hafi ibihumbi 38 rukaba  rwarahoze ari urusengero rw’Abangilikani, hakaba barishwe hari hahungiye baturutse hirya no hino mu mirenge imwe n’imwe igize uturere twa Gasabo, Rwamagana na Kicukiro.
Bamwe mu barokokeye I Ruhanga ndetse hamwe mu bagize Ibuka ku rwego rw’Akarere ka Gasabo, bavuga ko  Abatutsi baje bafite intwaro za gakondo zo kwirwanaho, bazi ko nta muntu uhungiye i Ruhanga ushobora kwicwa kandi koko bakomeje kwitwanaho, kugeza ubwo  izari Ingabo z’u Rwanda (Ex FAR) zifatanyije n’Interahamwe, ngo zaraje zirabarasa zikoresheje indege, zinabatwikisha lisansi imibiri irangirika bikomeye.
Muri uyu muhango wo kwibuka kandi hashyinguwe mu cyubahiro  imibiri Itatu ( 3) yabonetse.
Minisitiri Ingabire Assumpta yavuze ko abashaka kugoreka amateka cyangwa kusubiza inyuma inzira y’Ubumwe n’Ubwiyunge twiyemeje ko twese duhagurukire kubarwanya kuko nta mwanya  bafite.
Ariko yibutsa Urubyiruko ko kugirango rushobore guhangana nabo aruko basobanukirwa amateka y’Igihugu cyabo.
Umuyobozi w’Umujy wa Kigali mw’ijambo rye, yasabye abafite amakuru y’ahari imibiri itarashyingurwa ngo bayigaragaze kugirango dusane imitima, imibiri ishyingurwe  mu cyubahiro  kandi dukomeze inzira y’Ubumwe n’Ubwiyunge.   


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->