Kubakira abatishoboye muri gahunda ya Human Security

Mu muganda usoza ukwezi kwa Mata, ku rwego rw’akarere ka Gasabo wabereye mu Murenge wa Nduba Akagari ka Gasura Umudugudu wa Kashyinya ahatangijwe ku mugaragaro igikorwa cyo kubakira abatishoboye. Muri uyu mudugudu  hazubakwa amazu 150  aho inzu imwe izaba irimo amazu Ane (four in one). Ubundi muri gahunda ya “Human security” Akarere ka Gasabo gateganya kubaka amazu 281.

Umushyitsi mukuru muri uyu muhango yari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ibikorwa by’Umuryango w’Iburasirazuba ariko akaba anashinzwe by’umwihariko Akarere ka Gasabo muri Guverinoma, ari kumwe na Ambasaderi wa Marocco aherekejwe n’Abakozi b’iyo “Ambassade”.

Mu bandi bayobozi baraho, Umuyobozi w’Akarere, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage ndetse n’inzego z’Umutekano zikorera mu Karere ka Gasabo.

Ambasederi w’Igihugu cya Marocco mu Rwanda yashimye cyane Umuyobozi w’ Igihugu Nyakubahwa Paul Kagame kuba yarashyizeho gahunda nziza y’ Umuganda, kandi yizeza ubufatanye bw’Abaturage b’Igihugu cye bari mu Rwanda muri iyi gahunda.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga bwana Olivier Nduhungirehe, yashishikarije abari aho kwita kw’ireme ry’Uburezi cyane bita kw’Isuku ku mashuri ikindi kirareba ababyeyi n’abarezi kijyanye n’Imirere myiza. Imirere myiza ireba ababyeyi n’Abarezi kandi iyo itataweho, Abana babigwamo bikanabadindiza mu myigire yabo.

Ikindi yagarutse kandi ku kibazo cy’abana bata amashuri, asaba ababyeyi n’abarezi kukitaho cyane  kuko nta mpamvu n’imwe yatuma umwana acikiriza abashuri kandi Leta yarashizeho uburyo abana bashobora kwigamo.

Uyu muyobozi yongeye kwibutsa abitabiriye Umuganda gahunda nshya yo kuriha ubwisungane mu kwivuza aho bitagisaba ko umuturage ajya ku Kagari cyangwa ku Murenge kuko byoroshye umuntu ashobora kubikorera kuri telephone ye aho wandika *909# ubundi ugakurikiza amabwiriza.  


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->