Kongera kwibutsa abantu akamaro ka MITUWELI no kubashishikariza kwihutira kwishyura

Nkuko bisanzwe umwaka w’Ubwisungane mu kwivuza( Mituelle de sante) utangira tariki ya 01 Nyakanga za buri mwaka.

Mituweri nkuko tubizi n’uburyo magirirane abantu bishyira hamwe bagatanga umusanzu biteganyirije hamwe n’Imiryango yabo kugirango bashobore  kwivuza  igihe barwaye.

Akamaro ka Mituweri:

Kugira ngo umunyamuryango wa Mituweri yivuze bitamuhenze , nta kurembera  cyangwa kubyarira mu rugo,  ntanubwo umuntu ufite Mituweri aba agikorana nabavura magendo, ibyo byose bituma umuturage atera imbere mu buzima bwe kubera ko amafaranga yakabaye atakaza yivuza ayashyira mu bindi  bikorwa by’Iterambere.

Intego yo kwishyura Mituweri :

Intego ya Mituweri  ni ukugira ngo buri  munyarwanda wese  ashobore kwishyura mu bushobozi ubwo aribwo bwose uko bungana kugirango inzitizi zibura ry’amafaranga igihe havutse uburwayi  ziveho.

Ku rwego rw’Akarere   ka Gasabo ubukangurambaga k’ubwisungane mu kwiza, bwatangiye muri Mutarama 2020, hagamijwe gukemura ikibazo  cyo gutinda  kwishyura  Mituweri  y’umwaka  twatangiye  .

Mbere  yuko  icyorezo cya COVID-19 cyaduka, Ubukangurambaga bwakorwaga hahujwe abantu benshi, Inzu ku nzu, mu masibo ndetse n’amatsinda yihariye.

 Muri iki gihe turi mu ngamba zo kwirinda COVID-19, Akarere ka Gasabo   karakora ubukangurambaga  binyuze ku ma Radio ,  Television , social media, ubukangurambaga bw’urugo k’urundi  hubahirizwa  amabwiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19,

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo  bukaba bwongera kwibutsa buriwese kwitabira kwishyura ubwisungane mu kwivuza  ku gihe hirindwa   ingaruka zitandukanye  zagera ku miryango yabo kuko ibygo bitera bidateguje


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->