Kongera kwibutsa abantu akamaro ka MITUWELI no kubashishikariza kwihutira kwishyura
Nkuko bisanzwe umwaka w’Ubwisungane mu kwivuza( Mituelle de sante) utangira tariki ya 01 Nyakanga za buri mwaka.
Mituweri nkuko tubizi n’uburyo magirirane abantu bishyira hamwe bagatanga umusanzu biteganyirije hamwe n’Imiryango yabo kugirango bashobore kwivuza igihe barwaye.
Akamaro ka Mituweri:
Kugira ngo umunyamuryango wa Mituweri yivuze bitamuhenze , nta kurembera cyangwa kubyarira mu rugo, ntanubwo umuntu ufite Mituweri aba agikorana nabavura magendo, ibyo byose bituma umuturage atera imbere mu buzima bwe kubera ko amafaranga yakabaye atakaza yivuza ayashyira mu bindi bikorwa by’Iterambere.
Intego yo kwishyura Mituweri :
Intego ya Mituweri ni ukugira ngo buri munyarwanda wese ashobore kwishyura mu bushobozi ubwo aribwo bwose uko bungana kugirango inzitizi zibura ry’amafaranga igihe havutse uburwayi ziveho.
Ku rwego rw’Akarere ka Gasabo ubukangurambaga k’ubwisungane mu kwiza, bwatangiye muri Mutarama 2020, hagamijwe gukemura ikibazo cyo gutinda kwishyura Mituweri y’umwaka twatangiye .
Mbere yuko icyorezo cya COVID-19 cyaduka, Ubukangurambaga bwakorwaga hahujwe abantu benshi, Inzu ku nzu, mu masibo ndetse n’amatsinda yihariye.
Muri iki gihe turi mu ngamba zo kwirinda COVID-19, Akarere ka Gasabo karakora ubukangurambaga binyuze ku ma Radio , Television , social media, ubukangurambaga bw’urugo k’urundi hubahirizwa amabwiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19,
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bukaba bwongera kwibutsa buriwese kwitabira kwishyura ubwisungane mu kwivuza ku gihe hirindwa ingaruka zitandukanye zagera ku miryango yabo kuko ibygo bitera bidateguje
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…