Itsinda risuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’ Imihigo ryageze mu Karere ka Gasabo
Mu minsi ibiri iryo tsinda rigomba kumara mu Karere ka Gasabo, ryatangiye ku gusuzuma uko imihigo yeshejwe mu mpapuro nyuma bagasoreza kujya kureba ibikorwa bitandukanye byakozwe mu Mirenge itandukanye igize Akarere ka Gasabo.
Bakigera mu Karere ka Gasabo bakiriwe n’umuyobozi w’Akarere bwana Rwamulangwa Stephen arikumwe n'Umuyobozi w'Inama Njyanama y'Akarere ka Gasabo wanabahaye ikaze akanabamurikira abitabiriye icyo gikorwa ndetse akabaha n'isura y'aho Akarere gahagaze mu kwesa Imihigo y'umwaka 2015-2016.
Uwarukuriye itsinda risuzuma Imihigo bwana Habineza Mike nawe yatangiye ashimira uko bakiriwe, anerekana abo bazanye kandi anatanga umurongo uri bugenderweho mu isuzumwa ry’Imihigo. Iri tsinda ryigabanyijemo amatsinda ane(4) atatu yagumye ku Karere areba Imihigo yo mu mpapuro nkuko Imihigo yahizwe mu nkingi eshatu (3) Ubukungu, Imibereho myiza hamwe n’Imiyoborere myiza. Humyuma itsinda rya kane ryagiye kureba Imihigo uko imeze mu Mirenge.
Ku munsi ukurikiye ho, biteganijwe ko iri tsinda rizareba Ibikorwa bitandukanye byagiye bikorwa mu Karere kose.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…