Inteko z’abaturage muburyo bwikorana buhanga

Muriki gihe turimo ubwo Isi yugarijwe n’icyorezo cy’indwara ya COVID19, aho Igihugu cyacu cyafashe Umurongo wo kubuza abantu kwegerana cyangwa guteranira ahantu habantu benshi nizindi ngamba zirimo gukaraba intoki inshuro nyishi n’mazi meza n’isabune, kwirinda gusuhuzanya bahana ibiganza cyangwa guhoberana nizindi nyinshi mu rwego rwo kwirinda no gukwirakwiza icyoi cyorezo.

Ni mururwo rwego Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo, bwahisemo gukora Inteko z’abaturage bakoresheje Ikoranabuhanga aho Inteko zakozwe binyuze kumurongo wa Radio One, abaturage babazaga ibibazo, banatanga ibitekerezo.

Byumwihariko, Inteko yejo yitabiriwe na Nyakubahwa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. SHYAKA Anastase arikumwe na n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Bwana RUBINGISA Pudence  aho bifatanije n’abayobozi Nshingwabikorwa b’Akarere mu gukemura ibibazo by’abaturage.

Aba bayobozi banafashe umwanya batanga ubutumwa bujyanye no kwirinda icyorezo cya COVID 19

Muriyi Nteko kandi Minisiter Shayaka yanatangije ku mugaragaro gahunda y’Akarere ya ‘TWESETWESEIMIHIGO yatangijwe na gahunda ya ‘NKO GUHUMBYA” aho Akarere kubufatanye n’abafatanyabikorwa bazesa Imihigo 30 ijyanye n’ibibazo bihungabanya umudendezo w’abaturage.

Basoje Inteko, abayobozi banasuye Command Center y’Akarere, aho bahawe amakuru ajyanye n’ubuzima bw’Akarere umunsi kuwundi, aho basohotse muricyo cyumba bajyanye ishusho  y’Akarere yose.

Ubu buryo bwo gukora Inteko mu buryo bwikorana buhanga, bwashimwe n’abayobozi cyane ko bijyanye nagahunda za Leta zo kurwanya no kwirinda icyorezo cya COVID19.


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->