Ingamba zihari mu Karere ka Gasabo mu kwihutisha Inzira y’Ubumwe n’Ubwiyunge

Mu rwego rwo gusoza ukwezi kwahariwe ibikorwa by’Ubumwe n’Ubwiyunge mu karere ka Gasabo, ku wa Gatanu taliki 30 Ukwakira mu cyumba cy’Inama cyo Hotel Grand Legacy habereye ibiganiro nyungurana bitekerezo ku ‘ Nzira y’Ubumwe n’Ubwiyunge  mu Karere , Impogamizi zidindiza urugendo ry’Ubumwe n’Ubwiyunge ndetse n’Ingamba Akarere ka Gasabo gafite mugukemura izo mbongamizi.

Ibi biganiro byateguwe n’Akarere ka Gasabo kubufatanye n’Umushinga witwa Community Based Sociotherapy Rwanda.

Muri yi nama hari hatumiwemo inzego zitandukanye zirimo iza Leta, ndetse n’Imiryango itariya Leta.

Mubatanze ibiganiro bose, bagiye bagaragaza ko Ubumwe n’Ubwiyunge mu Rwanda boshoboka kandi bashima nibimaze kugerwaho ariko bagasaba ko batakirara ariko bagomba gukomeza kwigisha kugirango birusheho gutanga umusaruro.

Mu rwego rwo kugirango inzira y’Ubumwe n’Ubwiyunge ikomeze kugerwa neza, ibiganiro nkibi bituma abantu bongera gusubira mu mateka, agaragaza aho integer nkeya zikiri kandi hakeneye nkongerwamo imbaraga.

Abitabiriye inama basabye ko ibiganiro nkibi byakwandikwa neza bigashyikirizwa abanyamadini batandukanye kugirango bashobore kujya bigisha cyangwa gutanga ibyo biganiro cyane ko abayoboke babo baba babafitiye ikizere.

Kandi nkuko byagaragajwe muribi biganiro Ubuyobozi bw’Akarere na CBS Rwanda bagiye bajya mu ma gereza atandukanye afungiyemo aba nyagasabo, babaganiriza mu rwego rwo kubategura kugaruka muri society Nyarwanda, basabye ko nanone ibi biganiro byakongera nibura icyumweru kimwe mbere yuko bafungurwa kandi bikaba kumpande zombi nukuvuga ku bagiye gufungurwa ndetse n’Imiryanga bagiye kujyamo.

 Kuko impande zombi zikeneye kubanza kubyumva neza kabyakira. Abagiye gufungurwa bakeneye kumva ko abo biciye ndetse n’Imiryango yabo biteguye kubakira no kuruhande rw’abiciwe nabo bakeye kwitegura  kwakira ababahemukiye ndetse no kubaha imbabazi bakabana mu mahoro.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->