Inama y'ihuriro ry’ubumwe n’ubwiyunge mu Karere ka Gasabo
Ihuriro ry’ubumwe n’ubwiyunge ryahurijwemo ibyiciro bitandukanye; ababaye abayobozi mu nzego zitandukanye za Leta kuva Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yajyaho kugeza uyu munsi n’abakiri mu buyobozi, biro z’Inama Njyanama z’Imirenge igize Akarere ka Gasabo hamwe n’ Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge igize Akarere ka Gasabo.
Intego nyamukuru y’uyu mwiherero, yari ukurebera hamwe uko Politike y’Ubumwe n’ubwiyunge yashimangirwa muri kominote n’abantu hagati yabo n’inshingano za buri wese mu bagize iri huriro bunyuze mu biganiro ku isanamitima n’ubwiyunge hamwe no kureba ibibazo bibangamiye ubwiyunge mu Karere ka Gasabo ndetse no gufata ingamba.
Uyu mwiherero watangijwe ku mugaragaro n’Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo bwana Rwamulangwa Stephen washimiye abagize ihuriro ku bwitange, kuko igihe cyose babatumiye, bigomwa ibyobakora bakitabira murwego rwo gutanga ibitekerezo byubaka Igihugu cyacu.
Muri uyu mwiherero hatanzwe ibiganiro bitandukanye, ikiganiro ku bwiyunge (Reconciliation concept) cyatanzwe n’Umushakashatsi Dr. Agee Shyaka, uyu mushakashatsi yagaragaje uko ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda buhagaze, yanagaragaje uko ubwiyunge abanyarwanda babwumva, kuko abenshi babyemera kuko ari gahunda ya Leta ibakangurira ariko ku bwabo ugasanga batarabyakira neza kubera impavu zitandukanye. Madamu Immaculee Mukankubito nawe yatanze ikiganiro “Ibikomere byo mu mateka nuko byakira” aho yagerageje inzira umuntu anyuramo kugirango akire ibikomere by’Amateka.
Ikiganiro cya Ndi umunyarwanda cyatanzwe na Bishop Rucyahana akaba na Perezida wa komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Umwiyunge.
Abari muri iri huriro, biyemeje ko Ubuyobozi bw’Akarere butazongera kubatumira ahubwo nabo bagiye gushaka uko bazajya batumira Ubuyobozi babereka ibyo bamaze kugeraho n’imbogamizi bahuye nazo bafatanyiriza hamwe mu gushaka ibisubizo.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…