Inama yahuje abafatanyabikorwa b’Akarere n’Ubuyobozi
Kuru yu wa Kane taliki ya 13 Kanama 2020 mu Karere ka Gasabo hateraniye inama yahuje Imboni z’Akarere ka Gasabo , Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali n’abafatanyabikorwa b’Akarere.
Iyi nama yarigamije kumenyana hagati y’Imboni z’Akarere, Abafatanyabikorwa b’Akarere, Gushima uruhare rw’Abafatanyabikorwa mw’Iterambere ry’Akarere no kungurana ibitekerezo kubufatanye bwa buri rwego mubikorwa bitandukanye by’Akarere.
Imboni z’Akarere ka Gasabo muri Goverinoma ni Minister Vincent BIRUTA Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane hamwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikorana buhanga Imyuga n’Ubumenyi ngiro Hon. Claudette IRERE.
Ingingo yibanzweho muriyi nama yari gahunda ya “TUJYANEMO” iyi ni gahunda Akarere ka Gasabo kashyizeho hagamijwe ko hatangwa uruhare rwa buriwese mu gikorwa cyo kubaka ibymba by’amashuri. Ibyumba by’amashuri birimo kubakwa murwego rwo gukemura ubucucice bw’abana mu mashuri ndetse n’Ingendo ndende abana bagendaga bajya kwiga kure.
Mu Karere ka Gasabo hateganyijwe kubaka ibyumba by’amashuri 111 n’ubwiherero 162 byubakwa ku nkunga ya World Bank mu kiciro cya mbere, iki kiciro kikaba kigiye kurangira.
Naho ikiciro cya Kabiri hateganyijwe kubaka ibyumba by’amashuri 964 hamwe n’ubwiherero 1348.
Mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, inama y’abafatanyabikorwa yabaye mu byiciro 2, aho ikiciro cyambere cyayobowe na Hon. Claudette IRERE arikumwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Bwana RUBINGISA Pudence hamwe n’Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali n’Intera y’Uburasirazuba Gen. Mubarak MUGANGA. Ikiciro cy aka 2 cyayobowe na Hon. Vincent Biruta.
Muri yi nama, Umuyobozi w’Akarere yatangiye atanga ikaze ndetse anerekana ishusho rusange y’Akarere byumwihariko uko gahunda yo kubaka ibyumba by’amashuri iteye.
Abafatanya bikorwa bishimiye iyi nama kandi biyemeje gutanga uruhare rwabo kugirango ibyumba by’amashuri byateganyijwe bishobore kubakwa.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…