Inama yahuje abafatanyabikorwa b’Akarere n’Ubuyobozi

Kuru yu wa Kane taliki ya 13 Kanama 2020 mu Karere ka Gasabo hateraniye inama yahuje Imboni z’Akarere ka Gasabo , Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali n’abafatanyabikorwa b’Akarere.

Iyi nama yarigamije kumenyana hagati y’Imboni z’Akarere, Abafatanyabikorwa b’Akarere, Gushima uruhare rw’Abafatanyabikorwa mw’Iterambere ry’Akarere no kungurana ibitekerezo kubufatanye bwa buri rwego mubikorwa  bitandukanye  by’Akarere.

Imboni z’Akarere ka Gasabo muri Goverinoma ni Minister Vincent BIRUTA Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane  hamwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikorana buhanga Imyuga n’Ubumenyi ngiro Hon. Claudette IRERE.

Ingingo yibanzweho muriyi nama yari gahunda ya “TUJYANEMO”  iyi ni gahunda Akarere ka Gasabo kashyizeho hagamijwe ko hatangwa uruhare rwa buriwese mu gikorwa cyo kubaka ibymba by’amashuri. Ibyumba by’amashuri birimo kubakwa murwego rwo gukemura ubucucice  bw’abana mu mashuri ndetse n’Ingendo ndende abana bagendaga bajya kwiga kure.

Mu Karere ka Gasabo hateganyijwe kubaka ibyumba by’amashuri 111 n’ubwiherero 162 byubakwa ku nkunga ya World Bank mu kiciro cya mbere, iki kiciro kikaba kigiye kurangira.

Naho ikiciro cya Kabiri hateganyijwe kubaka ibyumba by’amashuri 964  hamwe n’ubwiherero 1348.

Mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, inama y’abafatanyabikorwa yabaye mu byiciro 2, aho ikiciro cyambere cyayobowe na Hon. Claudette IRERE arikumwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Bwana RUBINGISA Pudence hamwe n’Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali n’Intera y’Uburasirazuba Gen. Mubarak MUGANGA. Ikiciro cy aka 2 cyayobowe na Hon. Vincent Biruta.

Muri yi nama, Umuyobozi w’Akarere yatangiye atanga ikaze ndetse anerekana ishusho rusange y’Akarere byumwihariko uko gahunda yo kubaka ibyumba by’amashuri iteye.

Abafatanya bikorwa bishimiye iyi nama kandi biyemeje gutanga uruhare rwabo kugirango ibyumba by’amashuri byateganyijwe bishobore kubakwa.


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->