Inama ya Komite Mpuzabikorwa ya kabiri yarateranye
Taliki ya 18 Gicurasi 2018 mu cyumba mberabyombi cya FAWE Girls’ school ku Gisozi hateraniye inama ya Komite mpuzabikorwa ya kabiri y’Umwaka wa 2017/2018 y’ Akarere ka Gasabo. Nk’uko biteganywa n’Itegeko Inama yitabiriwe n’ Abagize komite Nyobozi y’Akarere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge, Abayobozi b’Amashami, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Ubutagari, Abakuru b’Imidugudu igize Akarere ka Gasabo, Abagize Inzego z’Umutekano zikorera mu Karere.
Abandi bitabiriye iyi nama ni abagize Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Gasabo, Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Uhagarariye RGB, Uhagarariye RSSB, Abayobozi b’Ibigo by’Amashuri akorera mu Karere, Abayobozi b’Ibigo Nderabuzima bikorera mu Karere.
Inama nk’iyi ihuriyemo inzego zose zigize Akarere, iba ari inama ikomeye iganirirwamo byinshi kandi ifatirwamo ibyemezo bifitiye Akarere akamaro ndetse n’Igihugu muri rusange. Mu byaganiriwemo, hari Imihigo y’Akarere 2017/2018 naho igeze ishyirwa mu bikorwa. Iki kiganiro kikaba cyaratanzwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu aho yagaragaje ko Imihigo y’Akarere nk’ingingo ikomeye cyane kuko ariho ibikorwa by’Akarere bishingiye. Yekananye kandi umuhigo ku wundi naho ugeze ushyirwa mu bikorwa ndetse n’imbogamizi zaba zirimo mu rwego rwo gufata ingamba kugirango uwo muhigo ushobore kweswa.
Umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yari visi perezida w’Inama Njyanama y’Akarere bwana Karega Diogene nawe wakomoje ku mihigo y’Akarere avuga ko Imihigo ikiri mwibara rw’umutuku isaba imbaraga nyinshi kandi asaba buri wese kwitegura neza ikipe izaza gusuzuma Imihigo kuko uko abaturage bavuga Akarere nabyo bifite amanota bitwara ni ukuvuga ngo buri wese mu mwanya arimo akore ibyo agomba gukora neza kugirango abo ayobora bamenye ibibakorerwa kandi barusheho kumenya Akarere kandi neza.
Bwana Karega yasabye Imirenge yagaragaye kuba iya nyuma mu kwitabira gutanga umusanzu mu bwisungane ndetse n’ikigaragaramo abantu bararana n’amatungo kwikubita agashyi kuko ubundi ukurikije Umuhigo bahize ibibazo nk’ibyo ntibyakagombye kuba bikigaragara muri Gasabo.
Ikiganiro Uburere mboneragihugu ku matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nzeri 2018 cyatanzwe n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Amatora Prof. Kalisa Mbanda wibukije Abanyarwanda akamaro ko gutora anashishikariza Abanyarwanda akwitabira amatora, akamaro k’Abadepite n’ibindi bijyanye nayo matora, nk’italiki yo gutora , inzego zitandukanye Abadepite baturukamo n’ibindi.
Ikiganiro k’Umutekano w’Igihugu cyatanzwe Lt. Col. Vincent Mugisha ushinzwe Ingabo mu Karere ka Gasabo na Nyarugenge ari kumwe na DPC SST Paul Byuma bibanze cyane ku biyobyabwenge n’ingaruka zo kunywa cyangwa gucuruza ibiyobyabwenge. Iki kiganiro cyatangiwe mu gihe kiza kuko inzego zose zifata ibyemezo mu Karere zari zihari, kuko burya ntabwo umuturage yacuruza cyangwa ngo akoreshe ibiyobya bwenge ngo habure umuyobozi numwe wabimenya cyangwa ubizi.
Inama ikaba yarashojwe n’ubusabane kandi buri wese yiyeje kugira icyo akora mu gukemura ibibazo byagarutsweho muri iyi Nama.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…