Inama nyunguranabitekerezo n'abayobozi b'Amadini
Kuri uyu wa 19 Gashyantare 2018, ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwagiranye ibiganiro nyunguranabitekerezo n’Abayobozi b’Amadini n’amatorero akorere mu Karere, bareba uko ibikorwa byabo byakorwa neza byubahirije amategeko kandi ntawe bibangamiye.
Umuyobozi w’Akarere yatangiye ashimira abitabiriye ubutumire, anabashimira uruhare bagira mu gufasha imitima ya benshi.
Ariko yababwiye ko kugirango ibikorwa byabo bishobore kugenda neza, bagomba kubahiriza amategeko yaba ajyanye n’imiturire hakurikijwe igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali cyangwa ajyanye n’ibindi byangombwa byose bisabwa kugirango umuntu ashobore gushinga itorero mu Rwanda bitangwa n’inzego zitandukanye abatabyujuje bakimurwa bagatuzwa ahandi.
Ibi byose bije nyuma yo kubona ko amadini n’amatorero harimo akajagari kenshi kandi bikaba byagira ingaruka ku mutekano w’abanyarwanda benshi baturanye nazo.
Kubera impamvu nyinshi zitandukanye zagaragajwe muri iyo nama, abayobozi b’amadini n’amatorero bongeye kwibutswa ibyangombwa bisabwa kugirango umuntu ashobore gushinga itorero. Ku kibazo cy’ibyangombwa, Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo yasobanuye ko hari igihe usanga urusengero rukuru (mother church) rufite ibyangombwa ariko izindi nsengero zirushamikiyeho ugasanga nta byangombwa zifite , ibyo byose bigomba kwitabwaho.
Nyuma yo kungurana ibitekerezo, inama yemeje abagomba kuba bari muri team y’ubugenzuzi n’abayigize ku rwego rw’Umurenge hanyuma Akarere ko kakunganira. Abagize iyi team y’ubugenzuzi ni; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, Umukozi ushinzwe imiturire/ ubutaka, Umukozi ishinzwe isuku, ushinzwe imibereho myiza, Inzego z’umutekano, abagize agashami ka JADF, Abayobozi ba Forum y’Amadini n’Amatorero.
Igenzura rigomba gutangira ku wa Gatatu tariki ya 20 Gashyantare 2018.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…