Inama nyunguranabitekerezo n'abayobozi b'Amadini

Kuri uyu wa 19 Gashyantare 2018, ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwagiranye ibiganiro nyunguranabitekerezo n’Abayobozi b’Amadini n’amatorero akorere mu Karere, bareba uko ibikorwa byabo byakorwa neza byubahirije amategeko  kandi ntawe bibangamiye.

Umuyobozi w’Akarere yatangiye ashimira abitabiriye ubutumire, anabashimira uruhare bagira mu gufasha imitima ya benshi.

Ariko yababwiye ko kugirango ibikorwa byabo bishobore kugenda neza, bagomba kubahiriza amategeko yaba ajyanye n’imiturire hakurikijwe igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali cyangwa ajyanye n’ibindi byangombwa byose bisabwa kugirango umuntu ashobore gushinga itorero mu Rwanda bitangwa n’inzego zitandukanye abatabyujuje bakimurwa bagatuzwa ahandi.

Ibi byose bije nyuma yo kubona ko amadini n’amatorero harimo akajagari kenshi kandi bikaba byagira ingaruka ku mutekano w’abanyarwanda benshi baturanye nazo.

Kubera impamvu nyinshi zitandukanye zagaragajwe muri iyo nama, abayobozi b’amadini n’amatorero bongeye kwibutswa ibyangombwa bisabwa kugirango umuntu ashobore gushinga itorero. Ku kibazo cy’ibyangombwa, Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo yasobanuye ko hari igihe usanga urusengero rukuru (mother church) rufite ibyangombwa ariko izindi nsengero zirushamikiyeho ugasanga nta byangombwa zifite , ibyo byose bigomba kwitabwaho.

Nyuma yo kungurana ibitekerezo, inama yemeje abagomba kuba bari muri team y’ubugenzuzi n’abayigize ku rwego rw’Umurenge hanyuma Akarere ko kakunganira. Abagize iyi team y’ubugenzuzi ni; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, Umukozi ushinzwe imiturire/ ubutaka, Umukozi ishinzwe isuku, ushinzwe imibereho myiza, Inzego z’umutekano, abagize agashami ka JADF, Abayobozi ba Forum y’Amadini n’Amatorero.

Igenzura rigomba gutangira ku wa Gatatu tariki ya 20 Gashyantare 2018.

 


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->