Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi mu Karere ka Gasabo

Akarere ka Rusizi ni Akarere gaherereye mu Burengerazuba bw’uRwanda kakaba karabonye umwanya wa kane (4) mu kwesa Imihigo  y’umwaka ushize (2015-2016).

Mu rwego rwo gusangira ubunararibonye bw’Akarere ka Gasabo bw’Inama Njyanama n’imikorere yayo,  kuzarushaho kwesa Imihigo ya 2016- 2017,  Kuri uyu wa kane tariki 09 Gashyantare 2017 Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi baje mu rugendoshuri mu Karere ka Gasabo, nk’Akarere k’Umujyi kateye imbere haba mu buryo bwo guteza imbere umujyi ndetse no mu miyoborere,  by’umwihariko kakaba Akarere kahize utundi mu kwesa Imihigo y’umwaka 2015-2016, bityo Akarere ka Rusizi nk’akamwe mu Turere twungirije Umujyi wa Kigali kakaba kakigira kuri Gasabo.

Ingingo nyamukuru z’urugendoshuri, byari ukongerera Inama Njyanama ubushobozi, gushyiraho ingamba z’imikorere n’imikoranire n’izindi nzego no gushyiraho ibikorwa n’imigambi by’Inama Njyanama mu myaka itanu ya manda yayo ndetse n’ibipimo byagendarwaho mu kwisuzuma.

Bakigera mu Karere ka Gasabo, bakiriwe na visi perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Gasabo Bwana Nyamulinda Pascal ari kumwe n’abandi bajyanama babahaye ikaze hanyuma bakorerwa “presentation” hakurikjwe imirongo bari bifuje ko yaganirwaho, nyuma berekeje kuri gusura ibikorwa bitandukanye bibarizwa mu Karere ka Gasabo.wa

Aba bajyanama bakaba barashoje urugendo rwabo berekeza mu mujyi wa Kigali aho bagombaga gusura ibikorwa bitandukanye.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->