Imiryango Mirongine y’abatishoboye yahawe icumbi
Imiryango irenga 40 yatujwe mu nzu z’ikitegererezo Mu mvura itari yoroshye yo kuri uyu wa 6 Werurwe 2019, mu Murenge wa Gikomero ho mu Karere ka Gasabo hamuritswe inzu zigenewe gutuzwamo abatishoboye baturutse mu Mirenge yose igize Akarere ka Gasabo uko ari 15.
Ni amazu yubatswe, ni ku kiciro cya kabiri,( phase 2) Mu kiciro cyambere, hubatswe amazu mu buryo abubatsi bita ‘four in one’ bivuze ko iba ari inzu imwe ifite ubushobozi bwo kwakira imiryango ine kandi igatura nta muryango ubangamiye undi.
Naho aya mu kiciro cya kabiri (phase 2) arinayo yatujwemo abantu yubatse mu buryo bwa ‘eight in one’ aya yo ashobora kwakira imiryango umunani kandi ituye neza ntawe ubangamiwe mu buryo ubwo aribwo bwose. Hubatswe amazu Atanu ( 5) ya Eight in one muburyo bugeretse (etage) azatuza Imiryango Mirongine (40 famillies)
Amurikirwa ayo mazu ku mugaragaro, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetse bw’Igihugu ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage Dr MUKABARAMBA Alvera, yagaragaje ko anyuzwe n’iki gikorwa maze ahera ko asaba abagenerwabikorwa ko uburambe aya mazu azagira, ari bo ubwabo babufite mu nshingano.
Nyuma yo gutuzwa muri aya mazu, Ubuyobozi bw’Akarere bwasanze ko ari ngombwa kubashakira ikibatunga mu gihe bataramenyera, maze mu minsi ya mbere Akarere kakajya babashakira uburyo babaho, ndetse banabafasha kubigira imishinga yabateza imbere.
Aha kandi Akarere kanabahaye ibikoresho nkenerwa by’ibanze byo mu nzu birimo nka: Intebe, Ibiryamirwa n’ibindi bikoresho bisanzwe bikenerwa mu ngo zisanzwe.
Bamwe mu batujwe muri izi nyubako twaganiriye, ntibazuyaje kwerura ko ibi byose babikesha umukuru w’Igihugu maze bahera ko batuma Min. MUKABARAMBA kubagereza ishimwe ryabo ku Ntore izirusha intambwe.
Biteganijwe ko Akarere kazakomeza kubaba hafi nkuko byatangajwe na Mayor w’aka Karere ka Gasabo bwana RWAMULANGWA Stephen aho yanaboneyeho kubasa ko bagerageza kugaragaza ibyo bashoboye gukora maze bagahabwa inkunga yo kubatera ingabo mu bitugu.
Tubibutse ko aya mazu yubatswe n’Akarere ka Gasabo kubufatanye n’Inkeragutabara
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…