Imiryango Mirongine y’abatishoboye yahawe icumbi

Imiryango irenga 40 yatujwe mu nzu z’ikitegererezo Mu mvura itari yoroshye yo kuri uyu wa 6 Werurwe 2019, mu Murenge wa Gikomero ho mu Karere ka Gasabo hamuritswe inzu zigenewe gutuzwamo abatishoboye baturutse mu Mirenge yose igize Akarere ka Gasabo uko ari 15.

Ni amazu yubatswe, ni ku kiciro cya  kabiri,( phase 2) Mu kiciro cyambere, hubatswe amazu  mu buryo abubatsi bita ‘four in one’ bivuze ko iba ari inzu imwe ifite ubushobozi bwo kwakira imiryango ine kandi igatura nta muryango ubangamiye undi.

Naho aya mu kiciro cya kabiri (phase 2) arinayo yatujwemo abantu yubatse mu buryo bwa ‘eight in one’ aya yo ashobora kwakira imiryango umunani kandi ituye neza ntawe ubangamiwe mu buryo ubwo aribwo bwose. Hubatswe amazu Atanu ( 5) ya Eight in one muburyo bugeretse  (etage) azatuza Imiryango Mirongine (40 famillies)

Amurikirwa ayo mazu ku mugaragaro, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetse bw’Igihugu ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage  Dr MUKABARAMBA Alvera, yagaragaje ko anyuzwe n’iki gikorwa maze ahera ko asaba abagenerwabikorwa ko uburambe aya mazu azagira, ari bo ubwabo babufite mu nshingano.

Nyuma yo gutuzwa muri aya mazu, Ubuyobozi bw’Akarere bwasanze ko ari ngombwa kubashakira ikibatunga mu gihe bataramenyera, maze mu minsi ya mbere Akarere kakajya babashakira uburyo babaho, ndetse banabafasha kubigira imishinga yabateza imbere.

Aha kandi Akarere kanabahaye ibikoresho nkenerwa by’ibanze byo mu nzu birimo nka: Intebe, Ibiryamirwa n’ibindi bikoresho bisanzwe bikenerwa mu ngo zisanzwe.

Bamwe mu batujwe muri izi nyubako twaganiriye, ntibazuyaje kwerura ko ibi byose babikesha umukuru w’Igihugu maze bahera ko batuma Min. MUKABARAMBA kubagereza ishimwe ryabo ku Ntore izirusha intambwe.

Biteganijwe ko Akarere kazakomeza kubaba hafi nkuko byatangajwe na Mayor w’aka Karere ka Gasabo bwana RWAMULANGWA Stephen aho yanaboneyeho kubasa ko bagerageza kugaragaza ibyo bashoboye gukora maze bagahabwa inkunga yo kubatera ingabo mu bitugu.

Tubibutse ko aya mazu yubatswe  n’Akarere ka Gasabo kubufatanye  n’Inkeragutabara


Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Gatsata.

Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…

Read more →

Gahunda yo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi no n’icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Gasabo

Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi  ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…

Read more →

Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →
-->