Imikorere y’Umugoroba w’ababyeyi mu Karere ka Gasabo ugeze ku rwego rushimishije
Imikorere y’Umugoroba w’ababyeyi mu Karere ka Gasabo ugeze ku rwego rushimishije
Umugoroba w’Ababyeyi watangiye muri 2010, witwa Akagaroba k’Abagore kabafashaga kuganira kubibazo bahura nabyo no kubishakira ibisubizo, ariko kubera akamaro kagaragaje hafashwe ikimezo ko waba Umugoroba w’ababyeyi, uhuza Abagabo na Abagore.
Umugoroba w’ababyeyi n’urubuga Ababyeyi b’Abagabo n’Abagore batuye mu Mudugudu umwe bahuriramo kugirango bungurane ibitekerezo, bafatire hamwe ingamba bakemura ibibazo bafite ndetse banaganire k’iterambere muri rusange.
Mu Karere ka Gasabo byumwihariko, Umugoroba w’Ababyeyi ugeze ku rwego rushimishije, aho usanga abagabo, Abagore bose bitabiriye kubwinshi kandi bafite intego imwe.
Bafite Komite zuzuye kandi zikora, kuburyo ubona ko rwose bashyize hamwe muri byose.
Nkuko byagaragaye ubwo urwego rw’Akarere rwasuruga uko Umugoroba w’ababyeyi ukora, twasanze mu Midugudu yose umugoroba w’ababyeyi ukora neza kandi ahenshi bamaze kugera kuri byinshi, byaba mu rwego rw’Ubukungu, Imiberho Myiza, Imiyoborere Myiza ndetse n’Ubutabera.
Abagize Komite nyobozi ndetse n’Inama rusange y’Umugoroba w’Ababyeyi basabwe gukomeza gukorera hamwe bikemurira ibibazo ndetse banakora imishinga y’Iterambere.
Igenzura ry’imikorere y’Umugoroba w’Ababyeyi rikorwa buri gihembwe nkuko biri mu Mihigo y’Akarere 2019/2020.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…