IHURIRO RY'UBUMWE N'UBUDAHERANWA MU KARERE KA GASABO
Mu gitondo cya uyu munsi taliki ya 23 Ukwak.ira 2024, mu Karere ka Gasabo hateranye inama y'Ihuriro ry'Ubumwe n'Ubudaheranwa.
Iri huriro rihuza abayobozi mu nzego zitandukanye n'abari mu nzego z'imitegekere y'Igihugu kuva tariki 19/07/1994.
Mu ijambo rye atanga ikaze Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere, yavuze ko iyi nama ari ingirakamaro kuko ihuza ibyiciro binyuranye by'abayobozi bariho muri iki gihe n'abahoze aribo bakaba bafite uruhare rukomeye mu kwimakaza Ndi Umunyarwanda no guhindura imyumvire n'imyitwarire y'abanyarwanda.
Yavuze kandi ko mu Karere ka Gasabo kimwe n'ahandi mu Gihugu ibikorwa byahariwe ukwezi k'Ubumwe n'Ubudaheranwa byatangijwe kandi bikomeje.
Umuyobozi kandi yanagaragarije abitabiriye Ihuriro imbogamizi zikigaragara mu kwimakaza Ndi Umunyarwanda.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo akaba n'Imboni y'Akarere ka Gasabo Bwana KABERA Olivier yashimye gahunda y'Ihuriro ry'Ubumwe n'Ubudaheranwa asaba buri wese gutanga igitekerezo cye kandi kigamije kubaka Ubumwe n'Ubudaheranwa by'abanyarwanda.
Yasabye kandi amadini amwe na mwe agifite inyigisho z'ubuyobe zidafite icyo zimariye abanyarwanda guhindura bakamenya inzira ikwiye kandi ifitiye abanyarwanda akamaro.
Abitabiriye inama y’Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubudaheranwa basabye ko Ubuyobozi mu Nzego zose bita ku rubyiruko rujya rwitabira Ihuriro ry’Urunana rw’Urungano kugira ngo bifashe mu kubaka no guhindura imyitwarire n’imyumvire y’urundi rubyiruko ariko bifashe no guhindura umuryango muri rusange
Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…
Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…
Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…