Ibyaranze Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore
Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wizihizwa taliki ya 08 Werurwe buri mwaka . Kuriyi nshuro, mu gihugu cyacu, uyu munsi wijihirijwe ku rwego rw’Umudugudu, ibirori byo kwizihiza uyu munsi bikaba byarabereye mu Mudugudu w’Amahoro, Akagari ka Rukiri ya II mu Murenge wa Remera Akarere ka Gasabo.
Insanganyamatsiko yuyu mwaka: Umugore ku ruhembe rw’Iterambere
Umushyitsi mukuru muruyu muhango yari Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Prof. BAYISENGE Jeannette.
Mwijambo rye, Prof. Bayisenge, yashimye cyane intambwe nini imaze guterwa mu bijyanye no kwimakaza ihame ry’Uburinganire n’Iterambere ry’Umurango aho yanashimiye abafatanyabikorwa bose babigizemo uruhare.
Yavuze ko nubwo hari byinshi byagezweho, haracyagaragara ibibazo hirya nohino biramutse bititaweho, byagira ingaruka kw’Iterambere ry’Umuryango.
Mu bibazo byagaragajwe harimo ibi bikurikira: Amakimbirane mu miryango, Imirire mibi ikigaragara mu bana, Isambankwa ry’abana ndetse n’Isuku nkeya mu miryango.
Uyu muyobozi kandi yongeye gushishikariza abagore n’abakobwa kwitabira gahunda yo kwihangira umurimo kuko umubare ukuri hasi cyane ndetse na gahunda za Leta zindi zashyiriweho abanyarwanda muri rusange.
Muruyu muhango kandi haremewe abagore bakora ibikorwa by’Iterambere kandi bibumbiye mu matsinda aho bahawe amashyiga ya Gas izajya ibafasha mu guteka vuba kandi batangije ibidukikije.
Hanatanzwe ubuhamya bw’Umuryango witeje imbere, aho umugore wacuruzaga agataro, ubu nawe amaze kugera kw’iterambere rishimishije abikesha kuba yarize imyuga itandukanye ndetse no kwibumbira mu ma koperative.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…