IBUYE RY’IFATIZO AHAZUBAKWA AKARERE KA GASABO
Abandi bashyitsi bakuru bari bari muri uyu muhango ni Umuyobozi w’Umujyi wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Ubutaka, Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo, Umuyobozi wa LODA, Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe imibereho myiza hamwe n’abayobozi b’Ingabo na Police.
Umuyobozi w’Akarere yatangije uyu muhango yakira abashyitsi bari aho anasobanura iby’iyi nyubako nshya bitegura gutangira kubaka. Mu ijambo yabagejejeho, yavuze ko iyi nyubako izubakwa mu gihe cy’imyaka ibiri gusa akomeza avuga ko izatwara amafaranga angana na miriyari enye na milliyoni Magana abiri (4,200,000,000 Frw) y’u Rwanda. Umuyobozi w’Akarere yakomeje avuga ko nibajya mu nyubako nshya bizabafasha gukora neza banatanga serivisi zinoze kuko bazaba babonye ubwinyagamburiro kandi ko Akarere kazifatanya na LODA kubaka iyi nyubako.
Mu bafashe Ijambo bose ari Umuyobozi w’umujyi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu cyangwa visi Peresida w’Inama njyanama y’Akarere ka Gasabo bose bashimye cyane ubuyobozi bw’Akarere kubw’iyi nyubako bavuga ko izabafasha gutanga serivisi nziza, kandi bizeza ubufatanye muri byose.
Uyu muhango kandi wasojwe N’ijambo ry’umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Dr. Alvera Mukabaramba aho yatangiye ashimira Akarere kuba kageze kuri iki gikorwa akomeza avuga ko nubwo Gasabo ibonye iki kibanza yari ifite aho ikorera ariko hatajyanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Kigali, ubu bakaba bagiye kubaka inyubako ijyanye n’igihe bikazabafasha gutanga serivisi nziza kandi inoze. Yanakomeje avuga ko Kandi kuba n’umubare w’abakozi b’Akarere wariyongereye aho bavuye kuri 500 ubu bakaba bageze kuri 700 byari bikwiye ko bajya mu nyubako nini ibakwiye. Yashoje asaba Akarere na LODA Kubahiriza igihe n’amasezerano kugira ngo inyubako yuzure ku gihe.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…