IBUYE RY’IFATIZO AHAZUBAKWA AKARERE KA GASABO

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 03 kamena 2016, mu Karere ka Gasabo, hashyizwe ibuye fatize ahazubakwa inyubako y’ibiro by’Akarere ijyanye n’igihe. Uwo muhango wayobowe n’Umunyamabaga wa Leta muri minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Dr. Mukabaramba Alvera.  Akarere ka gasabo ubundi gakorere mu Murenge wa Kacyiru ariko inyubako nshya izaba iri mu murenge wa Remera Akagali ka Rukiri ya II, Umudugudu wa Rebero. 

Abandi bashyitsi bakuru bari bari muri uyu muhango ni Umuyobozi w’Umujyi wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Umuyobozi  mukuru w’Ikigo cy’Ubutaka, Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo, Umuyobozi wa LODA, Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe imibereho myiza hamwe  n’abayobozi b’Ingabo na Police.

 Umuyobozi w’Akarere yatangije uyu muhango yakira abashyitsi bari aho  anasobanura iby’iyi nyubako nshya bitegura  gutangira kubaka. Mu ijambo yabagejejeho, yavuze ko iyi nyubako izubakwa mu gihe cy’imyaka ibiri gusa akomeza avuga ko izatwara amafaranga angana na miriyari enye na milliyoni Magana abiri (4,200,000,000 Frw) y’u Rwanda. Umuyobozi w’Akarere yakomeje avuga ko nibajya mu nyubako nshya bizabafasha gukora neza banatanga serivisi zinoze kuko bazaba babonye ubwinyagamburiro kandi ko Akarere kazifatanya na LODA kubaka iyi nyubako.

Mu bafashe Ijambo bose  ari Umuyobozi w’umujyi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu cyangwa visi Peresida w’Inama njyanama y’Akarere ka Gasabo  bose bashimye cyane ubuyobozi bw’Akarere kubw’iyi nyubako bavuga  ko izabafasha gutanga serivisi nziza, kandi  bizeza ubufatanye  muri byose.

Uyu muhango kandi wasojwe N’ijambo ry’umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Dr. Alvera Mukabaramba aho yatangiye ashimira Akarere kuba kageze kuri iki gikorwa akomeza avuga ko nubwo Gasabo ibonye iki kibanza  yari ifite aho ikorera ariko hatajyanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Kigali,  ubu bakaba bagiye kubaka inyubako ijyanye n’igihe bikazabafasha  gutanga serivisi  nziza kandi inoze. Yanakomeje avuga ko Kandi kuba  n’umubare w’abakozi b’Akarere wariyongereye  aho bavuye kuri 500 ubu bakaba bageze kuri 700 byari bikwiye ko bajya mu nyubako nini ibakwiye. Yashoje  asaba Akarere na LODA Kubahiriza igihe n’amasezerano kugira ngo inyubako yuzure ku gihe.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->