IBIGANIRO KU MITANGIRE N’IMIKORESHEREZE Y’INKUNGA ZIGENERWA ABATISHOBOYE BAROKOTSE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 19 Gashyantare 2025, mu Karere ka Gasabo habereye inama yateguwe na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) ku bufatanye n’Akarere ka Gasabo. Iyo nama yari yitabiriwe na Perezida wa Ibuka, Umunyamabanga Mukuru wa AVEGA ndetse n’abagenerwabikorwa batandukanye. Iyo nama yari igamije kuganira ku mitangire n’imikoreshereze y’inkunga zigenerwa abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994. 

Muri ibyo biganiro, hagarutswe ku nkunga zitandukanye zirimo izo mu buvuzi, uburezi, inkunga y’ingoboka, izifasha imishinga ibyara inyungu, ndetse n’inkunga y’amacumbi. Hanagaragajwe inzitizi zikigaragara mu gutanga izo nkunga, aho usanga zidahabwa abazigenewe uko bikwiye. Byagarutsweho ko uburyo bwo guhitamo abazihabwa bukwiye kunozwa, hakitabwaho cyane abakeneye ubufasha kurusha abandi kandi hagendewe kuburyo busobanutse. 

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere n'Umuyobozi w'Ibuka mu Karere ka Gasabo

Perezida wa Ibuka yagaragaje ko ikibazo cy’amacumbi kikigaragara cyane, asaba ko abayakeneye begerezwa ubufasha kuko hari abatishoboye baba bakeneye abababa hafi, Yavuze ko mu gihe hagaragara urutonde rw’abemerewe inkunga, hakwiye kwitabwaho no ku bandi bafite ibibazo bikomeye kugira ngo hatagira usigara inyuma. 

 

Muri ibi biganiro hanagarutswe ku bibazo by’ubuzima bwo mu mutwe ku barokotse Jenoside, by’umwihariko ihungabana n’agahinda gakabije. Byagaragajwe ko hakenewe ubufasha buhamye, haba mu rwego rwo kubegera no kubaha umwanya wo kuganirizwa, ndetse no gushyiraho uburyo bufasha imiryango yabo gukomeza kubitaho no kubakurikirana.

Abitabiriye inama


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->