Hatashywe Urugo Mbonezamikurire rw’abana bato mu Kagari ka Bweramvura

Hatashywe Urugo Mbonezamikurire rw’abana bato mu Kagari ka Bweramvura

Uyu munsi mu Karere ka Gasabo hizihijwe umunsi w’Ingo Mbonezamikurire  y'abana bato.

 Hizihizwa uyu munsi kandi, hanatashywe  ku mugaragaro urugo mbonezamikurire rwubatswe  kubufatanye na  Bank Nkuru y’u Rwanda (BNR) mu Kagari ka Bweramvura Umudugudu wa Gitega.(1)

Uru rugo rufite ubushobozi bwo kwakira abana  120, igikoni hamwe n'icyumba gifasha   ababyeyi  bigishirizwamo gukangura ubwo bw'abana, kuboneza urubyaro, gutegura indyo yuzuye hamwe  no gupimisha inda ku gihe.(2)

Nyuma yo gutaha uru rugo mbonezamikurire y’abana, hanatewe ibiti by’imbuto muri gahunda yo kurwanya imirire mibi n’ingwingira mu bana bato ndetse n’abana bafite ubumuga bw’ingingo bahabwa inyunganirangingo.

Mu ijambo rye, umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yasobanuye ko              Urugo mbonezamikurire rw’abana bato  ari urusobe rwa serivisi, uburezi, ubuzima, imirire, isuku n’isukura, kurinda no kurengera Umwana, hamwe  n’Uburere buboneye mu muryango

Yanavuze ko Akarere ka Gasabo gafite  Ingo mbonezamikurire zita ku bana bato zigera kuri 826 zikubiyemo: Ingo 276 zikorera mu ngo,

209 zikorera hafi y’abaturage ,  n’ingo mbonezamikurire 260   zishamikiye ku mashuri (School ECDs), Hakabaho n’ingo 76 zegereye abaturage ziri ku rwego rw’Umurenge  hamwe n'Ingo z’Icyitegererezo eshatu, muri izo ngo mbonezamikurire zose hakaba harimo abana bangana na 

53, 119.

Igikorwa cyashojwe no guha amata abana bato bo muri ECD.

 


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->