Gutangiza ku mugaragaro kubaka ibyumba by'amashuri
Mu Karere ka Gasabo kimwe nahandi hose mu Gihugu, taliki ya 19 Kamena, hatangijwe ku mugaragaro igikorwa cyo kubaka ibyumba by’amashuri.
Iki gikorwa cyatangiriye mu Kagari ka Ruhango Umurenge wa Gisozi aha zubakwa ibyumba by’amashuri 35.
Impamvu nyamukuru yiyi gahunda, nu kugabanya ubucucike mu mashuri ndetse n’ingendo ndende abana bakoraga kugirango bagere ku mashuri.
Mu Karere ka Gasabo hazubakwa ibyumba by’amashuri 1072 n’Ubwiherero 1510. Muribi byumba, harimo ibizubakwa ahari hasanzwe amashuri ndetse nibizubakwa ahandi hashya mu rwego rwo gukemura ikibazo k’ingendo abanyeshuri bakoraga bajya ku mshuri.
Ibi byumba birimo kubakwa, bigomba kuba byarangiye, kuburyo abana bazabyigiramo muri Nzeri amashuri atangiye.
Umushyitsi mukuru muruyu muhango yari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane akaba n’Imboni ya Leta mu Karere ka Gasabo Hon. Dr. BIRUTA Vincent.
Minisitiri Biruta, yashimye cyane gahunda y’Akarere ka Gasabo ya “TUJYANEMO ” aho buri wese agira uruhare mwiyubakwa ryaya mashuri, asaba buriwese kuyitaho kuko aribo afitiye akamaro.
Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…
Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…
Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…