Gutangiza icyunamo mu Karere ka Gasabo

Mu Karere ka Gasabo, Kwibuka kunshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byabereye mu Mirenge yose y’Akarere. Ku rwego rw’Akarere byatangirijwe ku Rwibutso rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi rwa Ruhanga mu Murenge wa Rusororo.

Umuhango wabanjirijwe no gushyira indabo ku mva zishyinguwemo imibiri y'abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bwana Bayiringire Seth watanze ikiganiro kijyanye no Kwibuka, yagarutse ku mateka yaranze u Rwanda, uko Abanyarwanda babibwemo amacakubiri yagiye ashyigikirwa n'Ubuyobozi uko bwagiye busimburana, n'uko Abatutsi babuzwaga uburenganzira nk'abandi banyarwanda, kugeza kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali wungirije Ushinzwe Ibikorwa Remezo n'Imiturire Dusabimana Fulgence yahumurije abaturage b'Umurenge wa Rusororo, by'umwihariko abarokotse Jenoside, abasaba gukomera muri ibi bihe twibuka ku nshuro ya 31 Jenoside Yakorewe Abatutsi. 

Yasabye abafite amakuru y'ahari imibiri itarashyingurwa kuhagaragaza, kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro. Yavuze kandi ko ubuyobozi butazihanganira abakirangwa n'ingengabitekerezo ya Janoside. 


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->