GUSOZA UBUKANGURAMBAGA BW’IMINSI 16 YAHARIWE KURWANYA IHOHOTERA RISHINGIYE KU GITSINA
Uyu munsi AKarere ka Gasabo kifatanyije n’Isi yose mu gusoza iminsi 16 yahariwe Ubukangurambaga bwihariye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Umuryango Uzira Ihohotera
Iyi gahunda kandi yahujwe n’inteko y’abaturage yanyuraga ku ma radio: radio 1, Ktpress na Radio 10.
Mu jambo rye, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yashimiye Ubuyobozi bw'Igihugu cyacu bwashyizeho iyi gahunda kuko iba ari umwanya wo kwisuzuma tukareba aho tugeze mu gukumira ihohoterwa iryo ari ryo ryose, gufata ingamba zo kurikumira no gukurikirana uko abahuye naryo bafashwa
Umuyobozi yavuze ko bazakomeza ubukangurambaga bwihariye mu byiciro byihariye ku mategeko ahana abakoze ihohoterwa, gukangurira imiryango ibana mu buryo butemewe n’amategeko hamwe no gushyingirwa byemewe.
Umuyobozi kandi yavuze ko bazakomeza gukorana n’izindi nzego bireba mu gukumira, kurwanya ihohoterwa no kwita kubahuye naryo.
Uyu munsi kandi waranzwe no kuremera abangavu batewe inda imburagihe bize imyuga itandukanye babaha ibikoresho byo kuzabafasha gutangira gukora imyuga bize
Umufatanyabikorwa AEE yatanze sheki ya Miliyoni eshanu azafasha abakobwa batewe inda imburagihe.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…