Gahunda yo gusoza Operation Akarere mu Kagari yasorejwe mu Murenge wa Kacyiru

Gahunda yo gusoza Operation Akarere mu Kagari yasorejwe mu Murenge wa Kacyiru

Gahunda ya Operation Akarere mu Kagari yarimaze igihe cy’ukwezi yashorejwe mu Murenge wa Kacyiru.

Hasozwa iyi gahunda, abayobozi b’Umujyi wa Kigali n’Akarere ka Gasabo baganiriye n’abavuga rikijyana bo mu Murenge wa Kacyiru.

Operation Akarere mu Kagari yakozwe mu rwego rwo gushyira mubikorwa gahunda ya guverinoma y’ imyaka irindwi (NST1) munkingi y’ iterambere ry’ imiyoborere myiza Akarere ka Gasabo kagennye gahunda yo kwegera abaturage no ku bakemurura ibibazo, gahunda ysiswe ” operation Akarere mu Kagari”

Iyi operation y’ Akarere mu kagari yarigamije gukemura ibibazo by’ abaturage bitakemukira ku rwego rw’ umudugudu, akagari n’umurenge, Kwegera abaturage no kubegereza serivisi zitangirwa ku karere, kwihutisha gukemura ibibazo by’ abaturage.

Nkuko bigaragara mu Itegeko Nshinga rya Repubulika y’ u Rwanda mu ngingo yaryo ya 11 “Umuco nyarwanda nk’isoko yo kwishakamo ibisubizo”

 Gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi (NST1) mu nkingi     y’ imiyoborere myiza (Art.90&95) zivuga ku Mitangire ya serivisi no gukemura ibibazo by’ Abaturage

Itegeko Nº 22/2019 ryo ku wa 29/07/2019 rigenga Umujyi wa Kigali mu ngingo yaryo ya 39 igena Inshingano z’Urwego Nshingwabikorwa rw’Akarere aho iteganya ko rushinzwe:

“gufata ingamba zo guca akarengane no kuzishyira mu bikorwa mu Karere”,

“gusuzuma no gukemura ibibazo by’abaturage bitashoboye gukemurirwa ku rwego rw’Umurenge”;

INTEGO YA OPERATION AKARERE MU KAGARI

Operation Akerere mu Kagari yateguwe igamije gukemura ibibazo by’abaturage bitakemukiye ku rwego rw’Umudugudu, Akagari n’Umurenge

Kwegera abaturage no kubegereza serivizi zitangirwa ku Karere;

Kwihutisha gukemura ibibazo by’abaturage;

Gukurikirana imikorere y’Imirenge;

Kugaragaza muri rusange ishusho y’ibibazo abaturage b’Akarere ka Gasabo bafite, ibyakemuwe, ibizashyikirizwa izindi nzego, n’ibizakorerwa ubuvugizi

 Umunsi wa mbere hakorwa ibi bikurikira:

  • Inama y’abakozi bakorera ku rwego rw’Umurenge n’Akagari; igamije gufasha abakozi kumenyana, kunoza imikorere n’imikoranire ndetse  n’imitangire ya serivisi.
  • Kwakira ibibazo by’abaturage;

Umunsi wa kabiri:

  • Inama na Opinion leaders;  Yari igamije kubamenyesha gahunda ya Operation Akarere mu Kagari, kubagaragariza aho Akarere kageze mu gushyira mu bikorwa gahunda za Leta no kuganira ku bibazo bafite (ibirebana n’inshingano zabo cg iby’abaturage bahagarariye babatumye)
  • Gukemurira ibibazo by’abaturage aho biherereye (Field )
  • Akarere ka Gasabo mu gushyira mu bikorwa Operation Akarere mu Kagari kafatanyije na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Umujyi wa Kigali ndetse n’ inzego z’ Umutekano;
  • Operation yafashije Ubuyobozi bw’Akarere kumenya ishusho y’ibibazo abaturage bafite bikazagafasha kumenya ahakwitabwaho mu kwegera abaturage;
  • Gukemura ibibazo by’abaturage 407 mu gihe gito;
  • Nyuma y’uko Operation ishoje mu Murenge, Umurenge nawo ukora Umurenge mu Mudugudu.

Abavuga rikijyana bo mu Murenge wa Kacyiru babonye umwanya wo kuganira  n’abayobozi hagamijwe iterambere ry’Umujyi wa Kigali n’Akarere muri rusange.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->