Gahunda y’Intore mu biruhuko yatangijwe ejo mu Tugari twose two mu Karere ka Gasabo

Gahunda y'Intore mu biruko  yatangijwe mu tugari twose tugize Akarere ka Gasabo ikazasozwa ku  italiki ya 29/08/2025

Ku rwego rw'Akarere iyi gahunda yatangirijwe mu Murenge wa Gikomero  Akagari ka Munini.

Insanganyamatsiko: Ubuzima bwiza Agaciro Kanjye.

Intego ya gahunda  y'Iintore mu biruhuko ni ugutoza abana n'urubyiruko  gukunda Igihugu, baharanira kwigira no kugira uruhare mu Iterambere ryacyo kandi barangwa n'Indangagaciro  na Kirazira by'umuco nyarwanda.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yashimye urubyiruko rwitabiriye asaba n'ababyeyi kujya bohereza abana kwitabira iyi gahunda kuko izabafasha gukura neza  barangwa n'Indangagaciro z' abanyarwanda.

Mu myaka 10 ishize, muri buri biruhuko, hagiye hashyirwaho gahunda yo kwita ku rubyiruko mu gihe cy’ibiruhuko 

Igamije gukomeza kubungabunga ubuzima bw’urubyiruko mu gihe cy’ibiruhuko, kubarinda ubuzererezi no gukomeza kubatoza umuco wo gukunda Igihugu

Izi Ntore zizajya zitozwa gatatu mu cyumweru: . Ku wa Mbere, ku wa Gatatu no ku wa Gatanu kuva saa 13:30 -16:00.

Iyi gahunda izitabirwa n’urubyiruko n’abana mu byiciro bitandukanye.

Icyiciro cya mbere kigizwe n’abana b’imyaka 10 – 13

Icyiciro cya Kabiri kigizwe n’abana bafite imyaka 14-16.

Naho icyiciro cya Gatatu cyiginzwa na abafite 17 -30

Aaba bana bazahabwa ibiganiro bitandukanye bibafasha kuba abanyarwanda bafite Indengagaciro nyarwanda.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->