Gahunda y’Intore mu biruhuko yatangijwe ejo mu Tugari twose two mu Karere ka Gasabo
Gahunda y'Intore mu biruko yatangijwe mu tugari twose tugize Akarere ka Gasabo ikazasozwa ku italiki ya 29/08/2025
Ku rwego rw'Akarere iyi gahunda yatangirijwe mu Murenge wa Gikomero Akagari ka Munini.
Insanganyamatsiko: Ubuzima bwiza Agaciro Kanjye.
Intego ya gahunda y'Iintore mu biruhuko ni ugutoza abana n'urubyiruko gukunda Igihugu, baharanira kwigira no kugira uruhare mu Iterambere ryacyo kandi barangwa n'Indangagaciro na Kirazira by'umuco nyarwanda.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yashimye urubyiruko rwitabiriye asaba n'ababyeyi kujya bohereza abana kwitabira iyi gahunda kuko izabafasha gukura neza barangwa n'Indangagaciro z' abanyarwanda.
Mu myaka 10 ishize, muri buri biruhuko, hagiye hashyirwaho gahunda yo kwita ku rubyiruko mu gihe cy’ibiruhuko
Igamije gukomeza kubungabunga ubuzima bw’urubyiruko mu gihe cy’ibiruhuko, kubarinda ubuzererezi no gukomeza kubatoza umuco wo gukunda Igihugu
Izi Ntore zizajya zitozwa gatatu mu cyumweru: . Ku wa Mbere, ku wa Gatatu no ku wa Gatanu kuva saa 13:30 -16:00.
Iyi gahunda izitabirwa n’urubyiruko n’abana mu byiciro bitandukanye.
Icyiciro cya mbere kigizwe n’abana b’imyaka 10 – 13
Icyiciro cya Kabiri kigizwe n’abana bafite imyaka 14-16.
Naho icyiciro cya Gatatu cyiginzwa na abafite 17 -30
Aaba bana bazahabwa ibiganiro bitandukanye bibafasha kuba abanyarwanda bafite Indengagaciro nyarwanda.
Mu Karere ka Gasabo hibutswe abana n‘abagore bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Mu karere ka Gasabo hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside…
Uyu munsi mu Murenge wa Gatsata bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ari kumwe n'abadepite…
Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi ku rwego rw'Akarere ka Gasabo byabanjirijwe no gushyira indabo kumva, kunamira no…
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…