UMURENGE WA KINYINYA WAHEMBWE IMODOKA NK’UMURENGE WAHIZE IYINDI MU MARUSHANWA Y’ISUKU, UMUTEKANO NO KURWANYA IGWINGIRA RY’ABANA.
Uyu munsi taliki ya 7 Nyakanga 2023, mu Murenge wa Kinyinya, habereye umuhango wo gusoza amarushanwa y’Ubukangurambaga ku Isuka , Umutekano no kurwanya Igwingira ry;abana.
N’Igikorwa cyateguwe n’Umujyi wa Kigali, Police y’Igihugu n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire y’abana ( NCDA).
Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye;
Minisitiri w’Ubuzima Hon. NSANZIMANA Sabin wari umushyitsi mukuru muruyu muhango,
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Bwana RUBINGISA Pudence,
Umujyobozi wa Police y’Igihugu IGP NAMUHORANYE Felix, Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali no n’Iburasirazuba COL. COOPER MUJUNI, Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bungirije, Abagize urwego Nshingwabikorwa rw’Akarere.
Uyu muhango waranzwe no guhemba Imirenge yitwaye neza muraya marushanwa, aho Umurenge wahizi iyindi mu Murenge 35 igize Umujyi wa Kigali wari Umurenge wa Kinyinya ukaba warahembwe Imidoka ifite agaciro ka Miliyoni 27 y’amafaranga y’u Rwanda.
Naho Umurenge wa Kabiri n’uwagatatu bahembwe Moto, Akagari ka Agateko niko kahembwe Miliyoni nk’Akagari kitwaye neza.
Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Bwana RUBINGISA Pudence mu ijambo ry'ikaze, yashimiye Imirenge yitwaye neza muri aya marushanwa agaruka kuri bimwe byibanzweho muri aya marushanwa;
Gukangurira abaturage kugira Isuku, Kwigisha ababyeyi gutegura indyo yuzuye no
Guteza imbere Imikorere y'ingo mboneza mikuririre
Minisitiri Hon. NSANZIMANA Sabin, nawe yashimiye buri wese wagize uruhare muri aya marushanwa.
Yavuze ko Isuku ikwiye kuba umuco w'Abanyarwanda, ntawe ukwiye kubibutsa kugira Isuku kuko bifasha gukumira indwara.
Minister yagarutse ku kibazo cy'abanywa inzoga bakarenza urugero ko babireka byangiza ubuzima.
Yagiriye inama ababyeyi banywa inzoga batwite ko bishobora kugira ingaruka ku buzima bw'umwana ndetse n'abandi bavuga ko inzoga zitera amashereka ko ataribyo
Ubu bukangurambaga bwafashije benshi guhindura imyumvire ku bijyane n’umuco w’isuku.
Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…
Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye inama n'Abakuru…
Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka, uyu munsi Ubuyobozi bw'Akarere ka…
Ku munsi wa Mbere taliki ya 29 Ukuboza 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…
Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa mu Iterambere…
Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…
Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo Amb. Uwihanganye Jean de Dieu akaba n'Imboni y'Akarere…