AKARERE KA GASABO KIYEMEJE KONGERA UMUBARE W’IMBANGUKIRAGUTABARA

Mu Mihigo y’Akarere y’umwak wa 2019/2020, Akarere ka Gasabo kari karahize kuzongera umubare w’Imbangukiragutabara kugirango zifashe abaturage kugera kuri  serevisi z’Ubuvuzi bwisumbuye.

Kuruyu munsi  wa Kane taliki ya 30 Nyakanga, Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwesheje uyu Mihigo bushyikiriza  Ibitaro bya Kibagabaga  Imbangukiragutabara  nshya ifite agaciro ka Miliyoni 60 z’Amafaranga y’uRwanda.

Iyi Ngobyi y’abarwyi, ikaba izafasha kugabanya impfu z’Ababyeyi bapfa babyara n’Iz’abana kubera ko aribo bibasirwa n’indwara cyane rimwe narimwe bakaba bakenera kwegerezwa ibitaro kugirango bahabwe ubuvuzi bw’isumbuye.

Mu kurengera ubuzima bwa barwayi kandi, Imbagukiragutabara ifasha cyane, kuko Umurwayi ashobora kuremba kandi iyo atinze kugera kwa Muganga bikaba byakongera ibyago byo kubura ubuzima.

Akarere ka Gasabo gafite Ibitaro bi Biri(2) by’Akarere; Kibagabaga na Kacyiru, ka kagira Ibigo Nderabuzima 16 na Post de sante 22 zikora n’Eshatu zuzuye zigiye gutangira gukora.

Ibitaro bya Kibagabaga bireberera Ibigo Nderabuzima byose uko ari 16, nukuvuga ko iyi Mbangukiragutabara izafasha cyane mu kunganira izindi zari zihasanzwe kugirango abarwayi bashobore kubona ubuvuzi bwisumbuyeho kandi muburyo bwihuse.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere Madam UMWALI Pauline  yasabye ubuyobozi bw’Ibitaro kuzafata neza iyi Mbangukiragutabara bahawe, ikazakoreshwa akazi kayo ifasha abaturage kugera kubuvuzi byihuse. Akarere kazakomeza guharanira icyateza imbere ubuzima bw’Abanyarwanda.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->