Akarere ka Gasabo katanze utumashini ( Pulse Oximeter) dupima ingano y’umwuka ( Oxygene) mu maraso tuzafasha abarwayi ba COVID-19

Ejo taliki ya 09 Gashyantare mu Karere ka Gasabo Umujyi wa Kigali batangiye ubukangurambaga bwatangijwe batanga utumashini dupima urugero rw’umwuka mu maraso( pulse Oximeter) bukaba bwariswe Operation Save the Neighbour.

Iki gikorwa cyakozwe n’Akarere ka Gasabo kubufatanye n’abafatanyabikorwa bako ( JADF) aho baguze 73 Pulse Oximeters zikazashyikirizwa Utugari, aho buri kagari kazajya gahabwa imashini imwe kwi kubitiro ariko igikorwa kirakomeje.

Utu tumashine, tuzafasha abarwayi ba COVID-19 barwariye mu ngo zabo, kutarembereyo kuko gafasha gupima igipimo cy’umwuka wa  Oxygen mu maraso, igihe basanze wenda ibipimo ataribyiza, icyo gihe bahamagara abaganga umurwayi akaba yahabwa ubufasha byihuse atararemba.

Iki gikorwa cyatangijwe ku mugaragaro n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Bwana RUBINGISA Pudence washimiye cyane Abafatanya bikorwa b’Akarere ka Gasabo ku bufatanye bwiza bubaranga ndetse n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bahora baza imbere muguhanga udushya.

Uyu muyobozi kandi yavuze ko kubera akamaro kutu tumashini, yifuje ko n’utundi turere tw’umujyi ko twabikora, bityo tukarushaho gufasha abarwayi barwariye mu ngo.

Uwaruhagarariye RBC Dr. NKESHIMAMA Muneures nawe yashimye igikorwa kiza Akarere ka Gasabo kakoze, kuko utu tumashini (pulse Oximeter) aringenze bitari no kumurwayi ba COVID-19 gusa ariko n’igikoresho buriwese yakagombye kugira kuko buriwese acyeneye kumenya uko Oxygene  afite mu mubiri ingana.

Mu rwego rwo gukomeza guhangana niki cyorezo kandi hafashwa abarwariye mungo zabo, Akarere ka Gasabo ka koze urutonde  (database) rw’abaganga bose bari mu karere, bivuze ko umuganga nubwo yaba akorere mu kandi Karere ariko ataha, Mu Kagari n’Umurenge wo mu Karere ka Gasabo, icyo gihe aba azwi, kubufatanye n’ubuyobzi kwibanze, baba bazi abarwayi bari muruwo mudugudu n’Akagari, icyo gihe buri Murenge ukora urubuga rwa WhatsApp, bahuriraho nabo baganga( medical Doctors & Nurses) kandi buri Kagari kakaba gafite Focal point uzajya akorana  hafi n’abajyanama bubuzima, kuburyo abo baganga bazajya bafasha gukurikirana abo barwayi aho batuye,

Ibi bikazagabanya kuremba kw’abarwariye mungo.


Abantu 25 basabye bakanabyemererwa bahahwe ubwene gihugu bw’ u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, taliki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yatanze ubwenegihugu ku bantu 25 babisabye bakabyemererwa…

Read more →

Mu Karere ka Gasabo hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13

Ku munsi wa Kabiri, mu Mirenge yose y'Akarere ka Gasabo hatangjjwe Urugerero rw'Inkomezabigwi icyiciro cya 13, rwitabiriwe n'urubyiruko rwarangije…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagiranye inama n’abakuru b’Imidugudu mu Karere ka Gasabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,  Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali ari kumwe n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere bagiranye  inama n'Abakuru…

Read more →

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwifatanije n’abaturage batishoboye kwizihiza imimnsi mikuru

Mu rwego rwo kwifatanya n'abaturage  batishoboye batujwe mu Midugudu mu kwizihiza iminsi mikuru y'impera z'umwaka,  uyu munsi Ubuyobozi  bw'Akarere ka…

Read more →

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yagiranye inama n’abagize Biro z’inama Njyanama z’Imirenge

Ku munsi wa Mbere  taliki ya 29 Ukuboza 2025,  Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yayoboye inama yamuhuje nabagize Biro z'inama Njyanqma z'Imirenge…

Read more →

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Akarere ka Gasabo .

Muri gahunda yo kunoza imikorere y’inzego z’Uturere n’Imirenge, kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yagiranye inama…

Read more →

Inama y’Inteko Rusange y’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Gasabo hateranye  inama y'Inteko Rusange y'abafatanyabikorwa  mu Iterambere…

Read more →

Hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu munsi taliki ya 25 Ugushyingo 2025,   mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga, Inteko z'abaturage zahujwe no gutangiza Ubukangurambaga…

Read more →

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yasuye Akarere ka Gasabo

Ku gica munsi cyo kuri uyu munsi,  Umunyamabanga wa Leta  muri Minisiteri y'Ibikorwa Remezo   Amb. Uwihanganye  Jean de Dieu akaba n'Imboni  y'Akarere…

Read more →
-->